Monday, May 20
Shadow

Zari Hassan yavuze ko we n’umugabo we Shakib Cham Lutaaya bari gukora amanywa n’ijoro ngo babone umwana

Umuherwekazi Zari Hassan yashimangiye ko we n’umugabo we bari gukora amanywa n’ijoro kugira ngo barebe ko babona umwana.

 

Aba bombi Zari na Shakib , bakoreye ubukwe muri Afurika y’Epfo mu ibanga rikomeye. Uyu muryango utajya wicisha abafana irungu , watangaje ko bari gukora iyo bwabaga kugira ngo umwana aboneke.

 

Zari agaruka kuri aka kazi katoroshye ngo bari gukora amanywa n’ijoro, yagize ati:” Biri muri gahunda zacu kugira umwana. Mr Lutaaya nanjye turimo kubikoraho”.Ibi yabitangaje ubwo yaganiraga n’ikinyamakuru.

 

Zari na Shakib bamaranye imyaka 2 irenga ndetse bigaragara ko urukundo rwabo atari urwo kurangira ejo nk’uko ikinyamakuru dukesha iyi nkuru Howwe kibitangaza.