Wa musore umaze igihe atwara igare aje kureba Davido ubu yageze i Lagos aho atuye

20/08/2023 12:13

Emmanuel Myam akaba umufana ukomeye cyane w’umuhanzi Davido uherutse gukorana igitaramo hano mu Rwanda, ubu uyu musore yageze mu murwa mukuru wa Nigeria Lagos aho uyu muhanzi Davido atuye.

 

 

 

Uyu musore uvuga ko ariwe mufana w’ambere wa Davido amaze kwamamara kubera gukora urugendo runini nigare aje gusura uyu muhanzi Davido.Davido ubusanzwe ni umwe mu bahanzi ba afurika bakunzwe mu rwego mpuzamahanga cyane cyane muri afurika ndetse no hanze hose.

 

 

 

Ubwo uyu musore yabwiraga uyu muhanzi Davido ko aje kumureba, uyu muhanzi Davido yamuciye intege amubwira ko atari mu gihugu mbese ko atazamubona.Ariko uyu musore we ntiyacitse intege ahubwo yamubwiye ko azamutegereza igihe azagarukira akabona kumubona ko we gutegereza ntacyo bimutwaye.

 

 

 

Uyu musore Emmanuel Myam wahawe ikaze ubwo yageraga mu mujyi wa Lagos kuri ubu yageze imbere yinyubako ya Davido aho atuye muri uyu mujyi wa Lagos.Yashimiye Imana yo yamubaye hafi mu rugendo rwe yakoze rwo kuza kureba Davido akaba ageze aho uyu muhanzi atuye amahoro.

 

 

Umwanditsi: Byukuri Dominique

Advertising

Previous Story

Dore ibintu umugabo yakora bituma ahorana intanga zimeze neza zivamo umwana umeze neza

Next Story

Umunyamakurukazi yaterewe ivi mu bwato

Latest from Inkuru Nyamukuru

Amateka yaranze Tariki 26 Nyakanga

Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe ibyaranze iyi tariki mu mateka.Nihagira icyo wifuza kirenze ukidusigire ahatangirwa ibitekerezo. Uyu munsi tariki 26 Nyakanga, ni umunsi
Go toTop