Hamisa Mobetto yatunguye kevin Sowax amuhereza impano ya telephone 2 za iPhone15s nyuma yo kumuha imodoka ya Range Rover.
Â
Abinyujije kumbuga nkoranyambaga ze Hamisa Mobeto yashyize hanze amashusho amugaragaza ari gufungura izo mpano 2 yageneye umukunzi we Kevin Sowax zari mu gakarito kamwe.
Â
Nk’uko yabigaragaje izo mpano zari zifungiranye mu gakarito keza katunganijwe mu buryo bugezweho.Muri aya mashusho harimo akaririmbo kagira kati ” Thank you to my man”. Hamisa Mobetto yaherukaga kumvikana mu itangazamkuru avuga ko akeneye umugabo ufite ubushobozi bwo kumwitaho.
Â
Mu minsi ishize yaranditse ati:” Sinigeze nteretwa n’umugabo w’umukene”.Ati:” Amafaranga aranshimisha , kuko iyo umuntu afite amafaranga aba atekanye.Buri kimwe dukenera kidusaba kuba dufite amafaranga”.
Â
Muri uyu mwaka byahiriye Hamissa Mobeto kuko yahawe impano y’imodoka ya Range Rover n’umukunzi we Kevin Sowax . Ibi byaje nyuma y’aho uyu musore agiriye kumusura iwe murugo gusa Mobeto akirinda gutanga amafoto yabo.
Â
Hamisa Mobetto agaruka kurukundo rwe na Kevin Sowax, we yizeraga ko umunsi umwe azashyingirwa Kevin Sowax dore ko mu kwezi kwa 7 aribwo yari aziko azambikwa impeta. Yagize ati:” Igihe cy’Imana nicyo cyambere, ntabwo navuga isaha ariko ndikubisengera.Nta mugore uba udushaka kurongorwa, ahari nibake”.