Umusore yashoye akayabo mu kwibagisha kugira ngo abe muremure nyuma yuko abakobwa bamwanze ngo ni mugufi

26/06/2023 18:26

Dynzell Sigers yashoye akayabo kamafranga angana na million 81 zirenga z’Amanyarwanda mu kubagwa Kugira ngo abe muremure nyuma y’uko abakobwa bamwanze ngo ni mugufi.

Uyu mugabo w’imyaka 27, avuga ko mu buzima bwe yakuze abangamirwa no kubaho ari mugufi. Akaba avugako kubagwa byamuhinduriye ubuzima ndetse we ko abibara nko guhabwa ubuzima bushya.Yavuze ko Akiri mu myaka ye yubuto hari umukobwa yakunze cyane ariko uwo mukobwa aza kumwanga kubera yari mugufi cyane kuri uwo mukobwa.

Akaba ngo ibyo byarakomeje kumubangamira ndetse bikamubaza amahirwe yo kuvugisha abakobwa kubera ubugufi bwe.Sibyo gusa uyu musore yavuze ko yakuze adakundwa n’abantu ndetse ko banamwangiraga kujya mu kipe yishuri nabyo bokamubangamira cyane.

Uyu mugabo kandi yavuze ko igitecyerezo cyo kujya kwibagisha ngo bamwongerere uburebure ntaho yagikuye ahubwo ari ibyamukuriyemo ko ashaka guhindura uko umubiri we umeze.

Yavuze ko byamutwaye iminsi 90 kugira ngo abe amaze kubagwa ndetse ageze ku burebure yifuza.Iminsi imaze kwihirika nibwo uyu musore yatangiye kujya gukora siporo amenyereza amaguru ye nkuko umwana muto yiga kugenda kuko amaguru ye yari yakozwe bundi bushya.


Abinyujije ku rukuta rwe rwa TIKTOK aho afite abamukurikira bangana n’ibihumbi 17 uyu musore nibwo yasangije abamukurikira uko byagenze byose agera kubyo yari agezeho byo kuba yari yiyongereye mu burebure.

Uyu musore yasoje avuga ko aticuza ibyo yakoze kabone niyo haba ingaruka kuko ngo ubu yavugisha inkumi yose ashaka Kandi ikamukunda kuko ubu ni mureremure ntakiri mugufi.


Umwanditsi: Byukuri Dominique

Source: New York Post

Advertising

Previous Story

Urukundo ruraryoha ! Umugabo nyuma yo kwitabwaho n’umugore we yamusezeranyije ko atazigera ababara bari kumwe

Next Story

“Ese mwe muri gufata abakunzi banyu Ute” ! Ifoto y’inkumi yamamaye muri Filime iteruye umusore ikomeje kuvugisha abantu benshi bavuga ko ntarukundo rurimo

Latest from Inkuru Nyamukuru

Amateka yaranze Tariki 26 Nyakanga

Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe ibyaranze iyi tariki mu mateka.Nihagira icyo wifuza kirenze ukidusigire ahatangirwa ibitekerezo. Uyu munsi tariki 26 Nyakanga, ni umunsi
Go toTop