Umukobwa inda ye yavuyemo nyuma yo gushyira hanze amashusho ayigaragaza, aboneraho umwanya agira inama abakobwa kujya bahisha inda zabo

by
28/11/2023 10:23

Ni Kenshi usanga amashusho menshi cyane ku mbuga nkoranyambaga aho abakobwa benshi cyangwa abagore benshi batwite bashyira hanze amashusho y’inda zabo ndetse babyishimiye, icyakora inzobere zo zivuga ko inda y’umukobwa cyangwa umugore ikwiye kugirwa ibanga cyane ko aba ari ubuzima bwite bwe.

Mu gihugu cya Nigeria umukobwa yafashwe amashusho agaragaza inda ye maze ayanyuza ku mbugankoranyambaga cyane ku rubuga rwa TIKTOK, maze nyuma y’amasaha atatu gusa inda ye yari umaze kuvamo.

 

Uyu mukobwa ukiri muto wari uri mu byishimo ko yitegura kwibaruka cyane ko yari atwite, ibyishimo bye byarangiye ubwo yashyize amashusho ye hanze ku mbuga nkoranyambaga, nyuma y’amasaha atatu gusa ubwo inda ye yaje kuvamo maze amarira avanze n’agahinda byenze kumwica.

Mu mashusho yanyujije ku rukuta rwe rwa TIKTOK mu gahinda Kenshi yavuze ko umuntu wese akwiye kugira ibintu by’ubuzima bwe ibanga kuko hanze aha hari abantu benshi batifuriza abandi ibyiza, rero ni ngombwa ko umuntu akwiye kwiga kugira ibanga.

 

Mu magambo ye yagize ati ” inda yanjye yavuyemo nyuma y’amasaha atatu gusa nshize amashusho agaragaza inda yanjye ku rubuga rwa TikTok, abantu babarozi babaho Koko, rero mujye mugira ibintu byanyu ibanga dore nanjye nabuze umwana wanjye.”

 

Source; ghpage.con

Arvin

Ni umwanditsi wa Umunsi.com

Advertising

Previous Story

Umuraperi Busta Rhymes yavuze ko gukorana indirimbo na Burna Boy byamwigishije byinshi

Next Story

Abakunzi bihanganye ! Diamond Platnumz na Zari Hassan basohokanye n’abana babo bigaragara ko bishimanye

Latest from Inkuru Nyamukuru

Amateka yaranze Tariki 26 Nyakanga

Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe ibyaranze iyi tariki mu mateka.Nihagira icyo wifuza kirenze ukidusigire ahatangirwa ibitekerezo. Uyu munsi tariki 26 Nyakanga, ni umunsi
Go toTop