Niyo Bosco wazamuwe na Mulindahabi Irene agiye kwinjira muri Kikac Music ibarizwamo umuhanzikazi Bwiza.Iyi nzu yatangiye kuganira na Niyo Bosco kugira ngo batangire imikoranire izamara imyaka 2 ariyo imureberera inyungu.
Kugeza ubu nta nzu nimwe yigeze ifasha Niyo Bosco nk’uko bigaragara kumbuga Nkoranyambaga ze gusa hari iyitwa Metro Afro Okkama aherutse gusezeramo igaragaraza ko ifasha Niyo Bosco na Confy n’abandi.
Niyo Bosco ni umwe   mu bahanzi beza u Rwanda rufite na cyane ko yamamaye mu ndirimbo zitandukanye zirimo iyo yise ; Urugi.
Ubwo yafashwaga na M Irene nibwo yamamaye ndetse akora indirimbo nyinshi kandi nziza.Kuva batandukana nta wundi mushoramari , wari wafasha Niyo Bosco mu buryo bugaragara.