“Umugabo wanjye yarantaye ansigiraba abana 4 ajya gushaka undi mugore ariko nirwanyeho” ! Yankurije Josephine wirirwana indobo kumutwe yabaye isomo kubandi bagore birirwa bicaye

23/05/2023 17:33

Si kenshi abagore bakunda kugaragara bakora imirimo yo gucuruza utuntu kumuhanda mu gakoresho kazwi nk’indobo gusa uyu we yabaye isomo rikomeye kubandi bagore baturanye mu Karere ka Rubavu aho yiyemeje gutunga abana be adasabirije.

REBA HANO IKIGANIRO TWAGIRANYE N’UYU MUBYEYI YIKOREYE IMBEGETI

Yankurije yahamije ko afite abana bane akwiriye kwitaho kandi akabafasha gukomeza kwiga , kurya , kwambara akabasha no kwishyura amafaranga y’ikode ntawe asabye kuko uwagombaga kumuha yamutaye munzu wenyine akigendera akajya gushaka undi mugore.

Yankuruije yagize ati:” Njyewe icyatumye mbikora ni ukwiteza imbere, niyo waba ubana n’ubumuga ntabwo wabimuharira wenyine.Nanjye , umugabo ndamufite ariko yaransaize.Rero maze kubona ko abana banjye bankeneye kandi ari njye gusa uhari kubwabo, naricaye nshyira ubwenge ku gihe mfata imbegeti, niyemeza gucuruza imbada ndetse n’ibindi bitandukanye mu dufaranga duke nkorera nkajya mbasha kwiyitaho no kwita kubanjye”.

REBA HANO IKIGANIRO TWAGIRANYE N’UYU MUBYEYI YIKOREYE IMBEGETI

Uyu mubyeye atajijinganya yahamije ko ariwe wita kubana be ndetse arinawe wishyura amafaranga y’inzu babamo kandi ngo ntabwo byose yabigeraho atabanje gukora cyane.

Mu kiganiro yagiranye na INYARWANDA.COM ,yagaragaje ko ubuzima afite abukesha umutekano igihugu gifite ashimira umukuru w’igihugu Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’uRwanda Paul Kagame kubwo kwita kubanyarwanda.
https://www.youtube.com/watch?v=-YtWKwhh_Q8
SRC: INYARWANDA.COM

Advertising

Previous Story

Igitsina gore gusa : Dore ibyiza byo kurarana isutiye cyangwa agafata amabere

Next Story

Umuhanzi Tekno wamamaye cyane muri muzika ya Nigeria na Africa muri rusange yavuze impamvu amaze igihe kinini adakozwa iby’umiziki

Latest from Inkuru Nyamukuru

Amateka yaranze Tariki 26 Nyakanga

Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe ibyaranze iyi tariki mu mateka.Nihagira icyo wifuza kirenze ukidusigire ahatangirwa ibitekerezo. Uyu munsi tariki 26 Nyakanga, ni umunsi
Go toTop