Uko byagenze kugira ngo urukiko ruhe umugore uburenganzira bwo kuvoma intanga z’umugabo wari umaze gupfa

08/01/2024 17:47

Umugore w’imyaka 61 yatse urukiko uburenganzira bwo guhabwa intanga z’umugabo we nawe w’imyaka 61 y’amavuko wari umaze kwitaba Imana.

 

 

Ku makuru dukesha ikinyamakuru the Guardian avuga ko uyu mugore wo mu gihugu cya Australia yagiye gusaba intanga z’uyu mugabo wari uwe kwa muganga nyuma y’uko akoze impanuka ndetse igahita imuhitana.

 

 

Gusa abaganga banze kuzivoma umugabo ngo bazimuhe, maze umugore afata iyambere ajya ku rukiko gutanga ikirego mu rukiko rw’ikirenga bamaze kumva neza ikibazo no gusobanukirwa ingingo umugore yatangaga maze ahabwa uburenganzira busesuye bwo guhabwa intanga z’umugabo we.

 

Mu busanzwe uyu mugabo n’umugore we bari barabyaranye abana babiri ariko Bose bari barishwe n’impanuka. Abantu benshi bakomeje kugaragaza ko batangajwe cyane n’umutima uyu mugore yagaragaje.

 

 

 

Source: Igihe.com

Advertising

Previous Story

Uburanga wa Kabarokore Yvonne ugiye guhagararira u Rwanda mu marushanwa y’ubwiza

Next Story

Basangiriye ikigori k’umusozi ! Uwicyeza Pamella yavuze ko yibera mu Ijuru ryo mu Isi

Latest from HANZE

Go toTop