Rutangarwamaboko yashimiye abazimu nyuma y’aho inyubako ifatiwe n’inkongi y’umuriro

11/02/2024 15:16

Rutangarwamaboko wiyita imandwa nkuru , yashenguwe n’inyubako ye yahiye yose nyuma yo gufatatwa n’inkongi y’umuriro ibye bigahiramo.Ni inyubako iherereye mu Murenge wa Gisozi mu Kagali ka Umunezero,mu Mudugudu wa Nyakaliba mu Mujyi wa Kigali.Nk’uko yabitangaje anyuze kumbuga Nkoranyambaga ze , uyu mupfumu umaze kubimenyekanamo, yashimiye Imana y’i Rwanda avuga ko n’ubwo Ingoro Ndagamuco n’Amateka yahiye bo ari bazima.

 

Mu magambo ye yaranditse ati:”UBUZIMA ni UMWERU n’UMUKARA.Imana y’iRwanda ishimwe yo n’#Abazimu Bacu Batazima kuko nubwo Ingoro Ndangamuco n’Amateka yose yakongotse ariko twe turacyitsa kandi nta n’undi wahagiriye ikibazo icyo aricyo cyose. Bazimyuriro Murakarama, @Rwandapolice Mwishyuke. U #Rwanda Ruriho,TURIHO🙏🏿”.

Rutangarwamaboko avuga ko iyi nyubako yafashwe n’inkongi y’umuriro bitewe n’amashanyarazi y’abari bari gusudira umureko.Igice cyafashwe n’umuriro ni icyo hejuru kuko ari igorofa yita ingoro yamurikirwagamo ibikoresho gakondo by’abanyarwanda bo ha mbere.

 

Advertising

Previous Story

“Abakobwa benshi bashaka gukora ubukwe , ntibashaka kuba abagore ngo bubake”! Jimmy

Next Story

Naryamanye n’abagabo barenga 1,000 ! Umukobwa w’imyaka 23 wiga muri kaminuza yiyemeje guhinduka

Latest from Inkuru Nyamukuru

Amateka yaranze Tariki 26 Nyakanga

Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe ibyaranze iyi tariki mu mateka.Nihagira icyo wifuza kirenze ukidusigire ahatangirwa ibitekerezo. Uyu munsi tariki 26 Nyakanga, ni umunsi
Go toTop