Rubavu: Byari amarira mu gusezera IP. Niyonsaba Drocella uherutsa gupfa azize impanuka y’ikamyo

31/03/2023 13:01

IP. Niyonsaba Drocella yasezeweho iwe mu rugo aho umuryango we wari usanzwe utuye mu karere ka Rubavu, umuhango waranzwe n’amarira y’abamukundaga.

N’umuhango wabaye kuri uyu wa 31 werurwe 2023, ubwo inshuti n’abavandimwe basezeraga ku murambo we, uhita werekezwa mu ruhukiro bw’ibitaro bya Polisi biherereye ku Kacyiru, aho uzavanwa ku munsi ugashyingurwa.
Uyu muhango kandi witabiriwe n’abarimo Guverineri w’intara y’iburengerazuba, Habitegeko Francois ndetse n’Umuyobozi wa Polisi mu ntara y’Iburengerazuba.

IP. Niyonsaba Drocella yitabye Imana ku mugoroba wo ku cyumweru taliki ya 26 Werurwe 2023, azize impanuka ikomeye yabereye ahitwa kwa Gacukiro winjira mu mujyi wa Gisenyi, ubwo ikamyo yagongaya moto yari iyiri imbere itwaye uyu mupolisi wari ushinzwe guhuza Polisi n’abaturage mu karere ka Rubavu n’umumotari wari umuhetse bagahita bitaba Imana.Iyi mpanuka ikaba yarabereye mu murenge wa Gisenyi, mu kagali ka Nengo winjira mu mujyi wa Gisenyi.



Advertising

Previous Story

Unyempano Obe Chris yahawe amahirwe akomeye mu gitaramo ‘Happy Weekend Holidays’ kizabera ku mucanga hafi yo kumashyuza

Next Story

Rusizi: Umuturage yashyinguye isanduku yuzuye inkwi z’imyase bishyira abantu mu rujijo

Latest from Inkuru Nyamukuru

Amateka yaranze Tariki 26 Nyakanga

Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe ibyaranze iyi tariki mu mateka.Nihagira icyo wifuza kirenze ukidusigire ahatangirwa ibitekerezo. Uyu munsi tariki 26 Nyakanga, ni umunsi
Go toTop