Platnumz asanga kuryamana na Spice Diana byaba ari ubushake bw’Imana

14/07/2023 07:36

Umuhanzi Diamond Platnumz uri ku ruhembe rw’umuziki w’Akarere, yatangaje ko kuryamana n’Umuhanzikazi Spice Diana wo muri Uganda byaba ari ubushake bw’Imana.

 

Ibi Platnumz yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’Itangazamakuru ryo muri Uganda, avuga ko azakorana indirimbo n’uyu muhanzikazi, ko adafite gahunda yo kuryamana nawe ariko ko biramutse bibaye byaba ari ubushake bw’Imana.

 

Yagize ati “ Kuri Spice Diana, tuzakorana indirimbo gusa, ntabwo nzaryamana nawe. Yigeze kuza muri Tanzania, ndamucumbikira iwanjye ni nka mushiki wanjye ariko nanone hagize ikiba byaba ari ubushake bw’Imana.”

 

Diamond Platnumz aka “Simba” ari muri Uganda aho yitabiriye igitaramo cy’urwenya cya Comedy Store Uganda giteganyijwe mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 14 Nyakanga 2023. Uyu ni umwe mubahanzi bafite izina rikomeye muri muzika ya Afurika n’isi muri rusange.

 

Advertising

Previous Story

Dore impamvu ituma abagabo bagira ibitsina bitandukanye mu bunini aho usanga umwe afite gito undi akaba afite kinini

Next Story

“Abana banjye baziko nkikundana na nyina” ! Diamond Platinumz yitarukije ibyo gusubirana na Zari ahumuriza inkumi za Uganda !

Latest from Inkuru Nyamukuru

Amateka yaranze Tariki 26 Nyakanga

Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe ibyaranze iyi tariki mu mateka.Nihagira icyo wifuza kirenze ukidusigire ahatangirwa ibitekerezo. Uyu munsi tariki 26 Nyakanga, ni umunsi
Go toTop