Pasiteri yavuze uburyo yageze mu ijuru intumwa Petero igashaka kumusambanya

22/03/2023 18:55

Umupasiterikazi yavuze uburyo yageze mu ijuru intumwa Petero igashaka kumurongora

Umupasiterikazi wo mu gihugu cya Tanzania uzwi ku izina Mfalme Zumaridi aherutse gutangaza ko aherutse kujya mu ijuru ubwo yari agiye kubonana n’Imana maze akabonerayo byinshi bitandukanye, harimo no kuba intumwa Petero yarashatse kumurongora

Uyu mupasiterikazi amashusho ye amaze igihe ari gucicikanya ku mbuga nkoranyambaga agaragara ubwo yatangazaga uko yageraga mu ijuru agasanga Petero ku rugi nuko akamwitegereza cyane, agahita amubwira ko ari mwiza bityo akamusaba ko amugira umugore (amurongora) bikarangira uyu mugore amwangiye.

Mu butumwa akunda gutanga, uyu mugore akunze kugaragaza ko afite imbaraga nyinshi zinshingiye ku bitangaza Imana ikunda kumukorera buri gihe, gusa nyuma yo gusakara kw’aya mashusho, leta ya Tanzania yatanze itegeko ribuza itangazamakuru cyane cyane ama radio n’ama television gutangaza ibijyanye n’imyemerere ku madini n’amatorero kuko biteza urujijo mu baturage.

Mu myaka yashize, uyu mugore yigeze gufungwa ubwo inkiko zari zaramukatiye imyaka ibiri azira gutambamira inzego z’umutekano ubwo zakoraga iperereza murugo iwe.

Advertising

Previous Story

Iga muri Kaminuza ya mbere mu Rwanda UTAB ! Ubu wakwiyandikisha ukitegura kwiga muri iyi kaminuza yigisha n’uburezi

Next Story

Byinshi wamenya kuri Rugongo igice kiba mu myanya y’ibanga y’abagore

Latest from Inkuru Nyamukuru

Amateka yaranze Tariki 26 Nyakanga

Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe ibyaranze iyi tariki mu mateka.Nihagira icyo wifuza kirenze ukidusigire ahatangirwa ibitekerezo. Uyu munsi tariki 26 Nyakanga, ni umunsi
Go toTop