Uyu mugabo akomeje kuvugisha benshi nyuma yo kwibwa n’inkumi ikamwiba ikamucucura agasigara arira ayo kwarika.
Nkuko bivugwa, biravugwa ko uyu mugabo yari yaje mu butumwa bwakazi I Mombasa muri Kenya mu kugerayo akabona inkumi y’ikibero yigurishaga kuza kumuraza.Bijya gutangira uyu mugabo yagiye kuryoshya mu kabyiniro kari hafi aho, uko anywa inkumi z’ikibero n’uburanga zikomeza kumwikaraga imbere birangira nawe ashimye maze yiyemeza kugura nk’abandi.
Ubwo yatumiraga iyi ndaya yaje kumushimisha nk’uko isanzwe ibikorera abandi cyane ko we ariko kazi ka buri munsi kamutunze.Uyu mugabo yavuze ko akimara gushima iyo nkumi bahise bafata imodoka berekeza aho uyu mugabo aba.
Muri iryo joro uyu mugabo yavuze ko yishimanye n’uyu mukobwa kuko ngo bagiye kogana mu bwogero bombi ndetse bari kumwe.Babisoje uyu mukobwa yahise ajya gutunganya umutobe cyangwa juice abo bombi bari kunywa ngo uyu mugabo nibwo aheruka guca iryera uyu mukobwa.
Yingeye gukanguka ku munsi ukurikira mu masaha y’ikigoroba akanguwe n’umwe mu bakozi bakorana, asanga computer ye telephone ye byose babitwaye.Benshi mubamenye aya makuru bavuga ko uyu mugabo yizize, basaba abasore n’abagabo kujya birinda gusohokana n’abo batazi.
Umwanditsi: Byukuri Domonique
Source: News Hub Creator