Nshaka guhindura ubuzima mu rugo babayemo ! Umusore warihiwe kaminuza n’amafaranga yakuraga mu gucuruza amagi yahize umuhigo ukomeye

29/11/2023 12:53

Joseph Momanyi ku myaka ye 23 gusa yasoje kwiga amashuri ye ya Kaminuza maze aboneraho kuvuga inkuru y’urugendo rwe mu kwiga kaminuza, uko yagiye abura amafaranga inshuro nyinshi. Icyakuruye abantu benshi nuko yagize umuhigo ukomeye wo kuzahindura ubuzima umuryango we ubayemo.

 

 

Uyu musore yasoje kwiga ibijyanye n’uburezi muri Kaminuza ndetse akigisha cyane Imibare ndetse na chemistry. Mu rugendo rwe yakomoje ku buzima bukomeye bugoye yanyuzemo aho yagiye ahura nibibazo byo kubura amafaranga.

 

 

Uyu musore yavuze ko kandi ubwo yigaga kaminuza yatangiye umushinga wo kujya acuruza amagi kugira ngo ajye abona amafaranga yo kumufasha ku ishuri rye ndetse no gufasha umuryango we. Kuba uyu musore yarari kwiga ntibyigeze bimubuza gukomeza kwita ku muryango we wabaga umucyeneye.

 

Inkuru yuyu musore ikomeje gukora ku mitima ya benshi ndetse inababera isomo ko burya mu buzima ukwiye gukora cyane kugira ngo ugere kuri byinshi. Uyu musore ku munsi we wo gusoza kaminuza mu rugendo rutoroshye, yahize umuhigo ukomeye wo kuzahindura ubuzima umuryango we ubayemo.

 

 

 

 

 

Source: TUKO

Advertising

Previous Story

Kurya ibiryo byinshi ni bibi ! Waruzi ko kurya ibiryo byinshi bigira ingaruka mbi ku mubiri wawe

Next Story

MU MAFOTO : Igitaramo cya Black Party cyasize amateka i Rubavu

Latest from Uburezi

Go toTop