Nkurunziza Jean Paul n’umugore we bibarutse imfura

15/04/2024 19:13

Nkurunziza Jean Paul wahoze ari umuvugizi wa Rayon Sports n’umugore we Nkusi Groreth wamamaye nka Gogo ufana APR FC, bibarutse umwana w’imfura.

Nkurunziza Jean Paul yanyujije ubutumwa kumbuga nkoranyambaga ze uri uyu wa 15 Mata 2024 , atangaza ko umuryango we wamaze kwakira umwana w’umukobwa.

Ni ubutumwa yatanze buherekejwe n’amagambo ashimira umugore we Nkusi.Yagize ati:”Ubu ndumva nabuze icyo mvuga.Mana warakoze kuri ibi byiza.Umwana mwiza w’umukobwa , imitima yacu iranezerewe”.

Yakomeje agira ati:” Urakoze cyane kuri uyu mugore w’Intwari y’agatangaza yampisemo ngo nzayibere se w’abana bacu.Nishimiye gukora ibi byose ndi kumwe na we”.

Uretse kuvugira Rayon Sports, Nkurunziza yabaye umukunzi wayo dore ko ari ikipe igira abafana batari bake mu Rwanda no hanze yarwo.Yakoreye ibitangazamakuru bitandukanye birimo; Radio1, Radio Flash , Isango Star n’ibindi.

Advertising

Previous Story

Yegukanye ibikombe 5 umunsi umwe ! Rayvanny yibutse ishimwe yatuye Samia Suluhu Hassan

Next Story

RDF: Abasirikare 624 binjiye mu ngabo z’u Rwanda – AMAFOTO

Latest from Imikino

Intare FC yasinyishije umukinnyi mushya

Umuyobozi wa Intare FC, Byabuze Gatibito yavuze ko nta biganiro bigeze bagirana na Mukura VS yatangaje ko yasinyishije Ishimwe Jean-René wari intizanyo y’iyi kipe
Go toTop