Photo/Internet

Ni iki gituma uzana amabara y’umukara ku myanya y’ibanga yawe! Dore icyo inzobere zibivugaho

13/02/2024 16:42

Kimwe mu bintu bikunda kugaragara cyane ku bantu cyane igitsina gore Hari ubwo ushobora gusanga bafite amabara y’umukara cyangwa se hagasa umukara, mu gihe bimeze gutyo ushobora kwibaza ngo biterwa ni iki! Muri iyi nyandiko twifashishije inyandiko zitandukanye mukubategurira amakuru yizewe ku mpamvu zishobora kubitera.

Dore impamvu ku myanya y’ibanga yawe hashobora gusa umukara;

Imyaka

Uko ukura imyaka yawe yiyongera bishobora gutuma n’umubiri wawe aribyo bivamo kuzana amabara y’umukara mu myanya y’ibanga yawe. Ni ukuvuga ngo uko imyaka yawe Iba myinshi no kuzana amabara y’umukara ku myanya y’ibanga yawe biriyongera.

Ubushyuhe bwinshi

Bitewe no kubyibuha cyane amatako yawe ahora akoranaho bishobora gutuma uzana amabara y’umukara mu myanya y’ibanga yawe. Kubera ko hatabona umwuka uhagije bityo ibara rigahinduka.

Infection

Hari ama infection ashobora gufata hafi cyangwa ku myanya y’ibanga yawe bikaba bishobora gutuma uzana amabara y’umukara ku myanya y’ibanga yawe.

Imisemburo

Hari imisemburo Iba mu mubiri w’umuntu ishinzwe kwita ku ruhu rwawe, rero iyo ibuze cyangwa ikaba micye hano ko ku myanya y’ibanga yawe, bishobora gutuma uzana amabara y’umukara ku myanya y’ibanga yawe.

Canceri

Hari canceri yitwa Vulvar cancer mu rurimi rw’amahanga ifata hafi no ku myanya y’ibanga y’umukobwa cyangwa umugore, bityo iyo ufite iyo Canceri bishobora gutuma uzana amabara y’umukara ku myanya y’ibanga yawe.

 

Ushobora kwirinda kuzana ayo mabara y’umukara ku myanya y’ibanga yawe muri ubu buryo;

Iyo biterwa na infection bisaba ko ushaka imiti bityo ukivuza izo infection.

Iyo byatewe na hormone cyangwa imisemburo Kenshi ibyo birikiza kuko harubwo iyo misembure igabanuka bitewe nuko umukobwa cg umugore atwite.

Iyo Ari canceri Kandi ni ngombwa ko wihutira kwa muganga bakareba uko bakuvura.

Ikindi ushobora kwambara imyenda imeshe nabyo bishobora gufasha

Ukirinda umubyibuho ukabije ukora siporo mu buryo bwo kwirinda ko amatako yawe ashobora gutuma uzana amabara y’umukara ku myanya y’ibanga yawe.

Mu gihe cyose ubonye watangiye kuzana amabara y’umukara ku myanya y’ibanga yawe, Hari kukurya ni ngombwa ko wihutira kwa muganga bakareba uko bakuvura byihutirwa.

 

Source: Verywellhealth

Advertising

Previous Story

Byinshi wamenya ku munyarwandakazi Liza Ferrari wiyemeje gukina no gucuruza filime z’urukozasoni

Next Story

Dore ibintu udakwiye gupfa kubwira umugore uko wiboneye kose, bisaba kwitonda

Latest from Ubuzima

Menya ibyiza utari uzi byo kurya ipapayi

Ipapayi ni urubuto rutangaje kandi rwuzuye intungamubiri nyinshi zituma ruba ingenzi mu mubiri w’umuntu. Aha twaguteguriye ibyiza bitandukanye byo kurya ipapayi: 1. Kubungabunga
Go toTop