Ni agahinda ku bana bane bibana nyuma y’uko nyina ubabyara yitabye Imana naho papa wabo agafungwa

13/08/2023 19:17

Inkuru y’abana bane bibana bonyine ikomeje gukora ku mitima ya benshi, nyina ubyara aba bana yitabye Imana naho papa wabo ubabyara yahamijwe icyaha aza gufungwa.

 

Umukuru muri aba bana afite imyaka 15 ubwo niwe mugabo mu rugo niwe wita kubandi bato batatu, niwe ushakisha uko yababonera ibyo barya.

Ubwo inkuru yaba bana yanyuzwaga ku rubuga rwa YouTube rwa Afrimax English, abayobozi bihutiye kubakira aba bana aho baba ndetse bahabwa ibyo kurya nibindi bakifashisha mu buzima bwabo bwa buri munsi.

Abantu benshi bakomeje kwitanga bafasha aba bana, ndetse hishuwe umukobwa uzajya ubafasha murugo na wamwana mukuru nawe agasubira mu ishuri nawe akiga nk’abandi.

Abana bashimye cyane ababafashije mu bihe bibi barimo ndetse babasezeranya gukora cyane mu ishuri kugira ngo bazagire icyo bigezaho.

Umwanditsi: Byukuri Dominique

Source: Afrimax English

Advertising

Previous Story

Ni umwe mu bagore babyaye bakuze, ku myaka ye 65 yibarutse abana 4

Next Story

Umugore ufite ubwoya mu gatuza buzwi nk’impwempwe no ku maboko, yavuze ukuntu bimubuza amahirwe menshi nko kubura umukunzi

Latest from Inkuru Nyamukuru

Amateka yaranze Tariki 26 Nyakanga

Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe ibyaranze iyi tariki mu mateka.Nihagira icyo wifuza kirenze ukidusigire ahatangirwa ibitekerezo. Uyu munsi tariki 26 Nyakanga, ni umunsi
Go toTop