Ngoma: Ubuyobozi bwafunze ubuvumo bwiswe ngo ‘Gabanyifiriti’ abantu bajyagamo bagiye gusenga

by
03/09/2023 12:16

Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngoma bwafunze ubuvumo bwiswe Gabanyifiriti bwasengerwagamo bigatera impungenge ko bushobora kuzabaridukana.

 

Ubu buvumo bwamenyekanye cyane ubwo Radio na Tv 10 batambutsaga inkuru igaragaza uburyo abantu babujyamo bagiye gusengeramo.Ibi byatumye ubuyobozi bw’Akarere ka Ngoma bwiyemeza kubufunga dore ko imvugo yabaye ingiro.

 

 

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma Nathalie Niyonagira, yari yasabye aba baturage guhagarika amasengesho bakorera mu buvumo ngo kuko ahakorerwa amasengesho hazwi.

 

Yabwiye Radio na Tv 10 ati:” Abantu bagomba gusengera munsengero zubatse zizwi kandi zifite n’ibyangombwa byo gukora.Umuntu rero wo kujya mu mwobo kandi twarabibabujije kuva kera hashize igihe.Nibabyirinde kuko bishobora kubateza impanuka iyariyo yose”.

 

Radio na Tv 10, ivuga ko Umunyamakuru wayo yasubiyeyo agasanga imyobo yakoreshwaga n’abasenga yarafunzwe.

Arvin

Ni umwanditsi wa Umunsi.com

Advertising

Previous Story

Kim Kardashian wababajwe cyane n’imyitwarire ya Kanye West yarahiye aratsemba avuga ko adateze guhura na mukeba we Censori

Next Story

Uwahoze ari umugabo wa Britney Spears babanye amezi 14 gusa yirukanwe muri Gym yakoreragamo Siporo azira guhoza kunkeke umugore w’abandi

Latest from Inkuru Nyamukuru

Amateka yaranze Tariki 26 Nyakanga

Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe ibyaranze iyi tariki mu mateka.Nihagira icyo wifuza kirenze ukidusigire ahatangirwa ibitekerezo. Uyu munsi tariki 26 Nyakanga, ni umunsi
Go toTop