Mukura VS yariye Pasika neza isinyira akayabo k’amafaranga

31/03/2024 09:25

Tariki 30 Werurwe, Ikipe ya Mukura VS yasinye amasezerano y’ubufatanye na Hoteli Light House izajya iyihe Miliyoni 35 ku mwaka n’ibindi bitandukanye bikubiye mu masezerano.

Ni amasezerano iyi kipe yasinye kuri iyi tariki twagarutseho haraguru mbere yo gukina na Rayon Sports umukino wari uwa 25 wa Shampiyona.Perezida wa Mukura Nyirigira Yves yavuze ko amafaranga bazajya bahabwa na Hoteli Light House, azajya abasha kuzigama no kugura abakinnyi.Ati:” Ikintu aje kudufasha ni mu bushobora. Icyerekezo twihaye cyo gutwara igikombe mu myaka itatu, ntabwo wakogeraho udafite ikipe ikomeye.

“Amasezerano afite agaciro ka Miliyoni 105 RWF mu myaka 3 arimo kudufasha gutegura imikino bacumbikira ikipe bizatuma tugira ayo tuzigama dushobora kuba twaguramo abakinnyi bakomeye”.

Ijanisha riri hejuru ry’amafaranga azafasha ikipe , mu kuyifasha kwitegura imikino bayicumbikira, kuyigaburira ndetse no kuyifasha kubona uko bakora imyitozo yongera imbaraga z’umubiri.Mu mikino itandukanye izajya ikinwa n’iyi kipe , ku mwambaro wayo hazajya haba hariho izina ry’uyu muterankunga mu rwego rwo kumenyekanisha ibikorwa bye.

Mukura VS isanzwe ifite abaterankunga barimo Volcano, Hyundai, Akarere ka Huye

Advertising

Previous Story

Baba Xperience yasize umugisha udasanzwe ku bana ba nyakwigendera Jay Polly

Next Story

Platini P yashimiye se wamuhaye 5,000 RWF byo kujya gukora indirimbo

Latest from Imikino

Intare FC yasinyishije umukinnyi mushya

Umuyobozi wa Intare FC, Byabuze Gatibito yavuze ko nta biganiro bigeze bagirana na Mukura VS yatangaje ko yasinyishije Ishimwe Jean-René wari intizanyo y’iyi kipe
Go toTop