Rubavu: Urubyiruko rwasabwe gutera ishoti Ubukene

04/12/2022 16:31

Mu muhango wabereye mu kigo cy’umuco cya Vision Jeunesse Nouvelle urubyiruko rwasobanuriye amahirwe rushobora gukura mu bikorwa by’Akarere ka Rubavu rukihangira imirimo irufitiye inyungu n’igihugu muri rusange.

Uyu muhango wabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Ugushyingo 2022.Bimwe mu byo uru rubyiruko rwabwiwe rushobora kubyaza umusaruro

Ubuhinzi bw’ibihingwa bitandukanye birimo ubwikawa, ubukerarugendo, ubushoramari bushamikiye kubucuruzi bwambukiranya umupaka ndetse n’izindi nzira zitandukanye.Mu muhango wabereye mu kigo

harimo, ikiyaga cya Kivu ,

Uru rubyiruko kandi rwabwiwe ko rushobora rushobora gukoresha ibikorwa remezo by’Akarere  mu guteza imbere ubuzima bwarwo.

Muri ibi bikorwa remezo byagarutsweho harimo; Agakiriro aho urubyiruko rwetswe ibikorwa birimo;

Ububaji, Soudire, Ubudozi, Electrics , ubucuruzi bw’ibikoresho bikenerwa n’abantu batandukanye ndetse

n’ubugeni nka kimwe mubitanga amafaranga menshi kubabikora. Uru rubyiruko kandi rweretswe ko mu mashuri,

Akarere ka Rubavu karimo amashuri ya za Kaminuza agera kuri 2 ku buryo urubyiruko rwize rushobora kubona

akazi mu buryo bworoshye ndetse rukaba rwanabona andi mahirwe yo gukomeza kwiga.

Uretse ibyo kandi urubyiruko rwitabiriye uyu muhango rwasobanuriwe ko mu miyoborere myiza rushobora

gukoresha impano yarwo mu bukangurambaga butandukanye bikaba byabaha amafaranga.

ESE NI IYIHE MISHINGA ISHOBORA GUFASHA URUBYIRUKO KWITEZA IMBERE MU KARERE KA RUBAVU?

Uru rubyiruko rweretswe ko mu Karere ka Rubavu , hari amahirwe menshi ashobora kurufasha kwiteza

imbere binyuze mu gusaba akazi ndetse no guhera kubiri gukorwa mu Karere.Mu byo biretswe harimo;

Gukurikirana isoko  rya kijyambere rya Rubavu. Isoko rya kijyambere rizakorerwamo n’urubyiruko ndetse n’abandi batandukanye, uru rubyiruko rwabwiwe ko arahabo kugira ngo bafate imyanya hakiri kare.

Icyambu cya Rubavu giherere mu Murenge wa Nyamyumba na cyo kizaba isoko n’amahirwe

kurubyiruko yo kwiteza imbere gusa haba habayeho kureba kure.Uru rubyiruko rwasabwe gushishoza ibyo rwahakorera.

Gare ya Rubavu iri kubakwa nayo ni isoko n’amahirwe kurubyiruko, iyubakwa ry’ibitaro,

ibikorwa by’imihanda iri kubakwa mu Karere ka Rubavu nayo iri gutanga akazi kuburyo urubyiruko

rwabibyaza umusaruro ndetse n’ibindi.

Umuyobozi ushinzwe w’urubyiruko n’umuco

Advertising

Previous Story

Niba uri umugabo ukaba ukoresha ibinini byongera ubushake kakubayeho

Next Story

Icy’isi: Ikipe y’ubuhorandi niyo yabimburiye andi makipe kugera muri  1 cya 4

Latest from Inkuru Nyamukuru

Amateka yaranze Tariki 26 Nyakanga

Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe ibyaranze iyi tariki mu mateka.Nihagira icyo wifuza kirenze ukidusigire ahatangirwa ibitekerezo. Uyu munsi tariki 26 Nyakanga, ni umunsi
Go toTop