Meddy ari kubegereza Imana ! Jay Rwanda yakiriye agakiza

07/01/2024 08:10

Umusore witwa Jay Rwanda wamamaye mu kumurika Imideri muri Afurika yagaragaye mu mafoto hamwe na Meddy bari kuramya.

Jean de Dieu Ntabanganyimana wamamaye nka Jay Rwanda , akaba Mr Africa International 2017, yagaragaye ari kwakira agakiza.

Mu mashusho n’amafoto yashyize hanze ku mbuga nkoranyambaga ze, yifashishije ijambo ry’Imana riboneka muri Bibiliya ‘Abaheburayo 6:1’.

“Ariko utizera ntibishoboka ko ayinezeza, kuko uwegera Imana akwiriye kwizera yuko iriho, ikagororera abayishaka.

Kwizera ni ko kwatumye Nowa atinya Imana amaze kuburirwa na yo iby’ibitaraboneka, akab?za inkuge yo gukiza abo mu nzu ye, ari yo yacishije iteka ry’abari mu isi, aragwa gukiranuka kuzanwa no kwizera”.

Muri 2017 nibwo Jay Rwanda, yahigitse bagenzi be 11 bari bahatanye mu marushanwa ya Mr Africa International aba ariwe wegukana ikamba.

Jay Rwanda muri 2017
Jay Rwanda yegereye Imana munzu yayo. Photo/ Jay – Meddy Instagram

Advertising

Previous Story

Lupita Nyong’o yariye inzoka

Next Story

Harmonize yireguye kubirego byo kwiba umukunzi w’inshuti magara

Latest from Imyidagaduro

Intare FC yasinyishije umukinnyi mushya

Umuyobozi wa Intare FC, Byabuze Gatibito yavuze ko nta biganiro bigeze bagirana na Mukura VS yatangaje ko yasinyishije Ishimwe Jean-René wari intizanyo y’iyi kipe
Go toTop