Luvumbu Nzinga ahawe igihano gikomeye

13/02/2024 17:36

Nyuma y’imyitwarire mibi yagaragaje ku mukino ikipe ya Rayons Sports yahuyemo na Police FC, umukinnyi Luvumbu Nzinga ukomoka mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo  yahanishijwe guhagarikwa amezi atandatu adakandagira mu kibuga hano mu Rwanda.

 

Imyitwarire y’umukinnyi wa Rayons Sports witwa Hertier Luvumbu Nzinga ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yari yakomeje guteza impaka hagati y’abafana n’abakunzi b’umupira w’amaguru muri rusange n’Abanyarwanda by’umwihariko kubera ibyo yakoze ubwo yari amaze gutsinda igitego mu mukino wabahuje na Police bagatsinda ibitego bibiri kuri kimwe [2:1] harimo icyo yatsinze kuri Kufura.

 

Uburyo yitwaye ntabwo byakiriwe neza n’abatari bake cyane ku Banye-Congo bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda bakomeje gukorerwa Jenoside muri DR Congo amahanga arebera.Ibi byabaye kuri iki cyumweru tariki 11 Mutarama 2024 ubwo Rayons Sports yari imaze gutsinda Police FC , maze uyu musore akoresha ikimenyetso kiri gukoreshwa n’ubuyobozi bwa DR Congo nk’ikirango cyo kwerekana ko mu gihugu cyabo hari kubera Jenoside iri kubakorerwa , mu gihe aribo bari kuyikorera abavuga Ikinyarwanda.

UBU YAMAZE GUFATIRWA IBIHANO REBA HANO

 

Advertising

Previous Story

Kuki tariki 13 Gashyantare hizihizwa umunsi mpuzahanga w’agakingirizo ?

Next Story

U Bubiligi bwasabye DRC guhagarika gukorana n’imitwe yitwaje intwaro

Latest from Inkuru Nyamukuru

Amateka yaranze Tariki 26 Nyakanga

Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe ibyaranze iyi tariki mu mateka.Nihagira icyo wifuza kirenze ukidusigire ahatangirwa ibitekerezo. Uyu munsi tariki 26 Nyakanga, ni umunsi
Go toTop