Photo/ Kwizera Olivier

Kwizera Oliver yaciye amarenga avuga ko umwanya we bawumwibye bakaba batamuhamagara

06/12/2023 08:35

Umunyezamu w’ikipe y’Igihugu cy’uRwanda Amavubi, Kwizera Olivier, yagaragaje ko yimwe umwanya we wo gukinira ikipe y’Igihugu.

 

Anyuze kumbuga Nkoranyambaga ze Kwizera Olivier yanditse amagambo yafashwe nko gutakamba asaba ko yagarurirwa icyizere mu ikipe  akongera agakinira Amavubi nyuma yo guhagarikwa inshuro nyinshi yageraho ntiyongere guhamagarwa.

Photo/ Kwizera Olivier

Mu butumwa yasangije abamukurikira kuri Konti ye ya Instagram, yagize ati:”Basezereye izina ryanjye , ku rutonde mu gihe umugisha wari usohoye.Bashakaga gufata umwanya wanjye, ariko ikirere kiranyiyereka”.

 

Nubwo uyu musore atigez agaragaza neza ibyo yavugaga benshi bahise batekereza ko avuze Amavubi , bamubwira ko bamukumbuye mu ikipe y’Igihugu.Uwitwa Alfredy Ndagijimana yagize ati:”Turagukumbuye mu Mavubi muvandimwe”.

Ubutumwa Kwizera Olivier yatambukije. Photo/Screenshoot- Instagram ya Kwizera Oliver

Advertising

Previous Story

Nta muntu wizeye ko papa umbyara ariwe wanteye inda, nanze gukuramo inda kugeza mbyaye umwana ! Umukobwa yavuze inkuru ye maze abantu bagira ubwoba

Next Story

“Umubiri wanjye ni uwa Diamond Platnumz yemerewe kuwukinisha uko ashaka” ! Zuchu uri mu Rwanda yishongoye

Latest from Imikino

Go toTop