#Kwibuka30: Hora Rwanda ! Meddy yibukije Abanyarwanda bose kuzirikana iminsi 100 yo kwibuka

07/04/2024 17:22

Meddy ni umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana utuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.Kuri uyu munsi u Rwanda n’Isi batangiye icyumweru cyo kwibuka, Meddy nawe yatanze ubutumwa bwe agaragaza ko buri wese akwiriye kuyigira iye.

Ni ubutumwa yanyujije kumbuga nkoranyambaga ze aho akurikirwa n’abarenga Miliyoni.Meddy yagize ati:”Uyu munsi ni ukuzirikana iminsi 100 yo kwibuka.Aho Isi n’u Rwanda bibuka inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994″.

Yakomeje agira ati:”Imyaka 30 irashize , u Rwanda runyuze mu icuraburindi. Hora Rwanda . #Kwibuka30″.Meddy utuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ni umwe mu bantu benshi bifatanyije n’u Rwanda kuri uyu munsi.

Perezida Kagame n’umufasha we Madamu Jeanette Kagame n’abashyitsi bagendereye u Rwanda baje kwifatanya n’u Rwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, bacanye urumuri rw’icyizere.

Muri ibi bihe buri wese aba asabwa gutanga ubutumwa no kwifatanya na buri wese by’umwihariko ababuze ababo kugira ngo badaheranwa n’agahinda no kwigunga kubera amateka mabi banyuzemo.

Advertising

Previous Story

Bayern Munich na Arsenal zifatanyije n’Abanyarwanda kwibuka jenoside yakorewe abatutsi 1994

Next Story

Bwa mbere Perezida Kagame yavuze ubuhamya bwa mubyara we wiciwe i Kigali muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Latest from Imyidagaduro

Intare FC yasinyishije umukinnyi mushya

Umuyobozi wa Intare FC, Byabuze Gatibito yavuze ko nta biganiro bigeze bagirana na Mukura VS yatangaje ko yasinyishije Ishimwe Jean-René wari intizanyo y’iyi kipe
Go toTop