Monday, May 20
Shadow

Kenya: Police yapakiye ibyuma byo mu rusengero inambika amapingu Pasiteri wakusanyaga amaturo

Mu gihugu cya Kenya , umukozi w’Imana warimo ku bwiriza ari gukusanya inkunga yatawe muri yombi na Polisi nk’uko byatangajwe n’inzego zishinzwe umutekano zashyize hanze amafoto abigaragaza.

Mu gace ka Kinyenya hagaragaye icyiswe ruswa mu rusengero aho byavuzwe ko hari gukusanya inkunga mu bikorwa byarimo n’abamwe mu bayobozi basanzwe bari batumiwe.Iki gikorwa cyangijwe n’abo mu Ihuriro rya UPDA [United Democratic Alliance ], riyoborwa n’uwitwa Mugirango.

Iki gikorwa cya ruswa yatangirwaga mu Itorero ry’Imana rya Kisiri cyari kibaye ku nshuro ya Gatatu yikurikiranya nk’uko The Citizen ibitangaza.Umwe mu bagize iryo torero yagize ati:”Ntabwo twahabwa umugisha w’Imana niba tuza munzu yayo hakamo imvururu.Ntabwo twakumva ijambo ry’Imana”.

Nyuma y’ibi bikorwa ababigizemo uruhare bose batawe muri yombi

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *