Advertising

Itondere cyane abo ukurikira! Ibintu byagufasha kureka kuba imbata y’imbuga nkoranyambaga

06/04/2023 19:19

Hari ubwo imbuga nkoranyambaga zigira umuntu imbata neza neza, akabura ubuzikuraho nyamara ntacyo zimwinjiriza. Muri iyi nkuru turigira hamawe icyakorwa umuntu akareka kuba imbata yazo.

Imbuga nkoranyambaga zahinduriye abantu ubuzima mu buryo bwose butandukanye haba mu buryo bwiza ndetse n’ububi, gusa si byiza kuba imbata yazo.

1.Ese kuki ushaka kuba ku mbuga nkoranyambaga. Mbere yo kugira icyo ukora, banza wibaze impamvu yabyo ubone ugikore. Bisa n’ubwenge buke kwibaza ibibazo nka biriya mbere yo gufungura konti kuri Instagram cyangwa Facebook.Ariko niba ushaka gukoresha by’ukuri imbuga nkoranyambaga zawe (aho kugira ngo zibe ari zo zigukoresha), kwibaza ibibazo nka kiriya bishobora kugira igihu bivana ku maso yawe.

2. Itondere cyane abo ukurikira n’ibyo ushyira ku mbuga nkoranyambaga. Mbere yo gukurikira umuntu, banza umenye impamvu umukurikira n’ibyo uzungukiramo.Ese wowe ni iki ushyira kuri izo mbuga? Nabyo bigenzure ubimenye. Buri kintu ukandaho ‘click’ cyangwa ukunda ‘like’ n’ibisa na cyo ni cyo kizajya kikugarukira umunsi ku munsi buri gihe ugiye ku mbuga nkoranyambaga. 

Urashaka kurema ubwoko bw’amakuru asakazwa uyakeneye, kandi ajyanye n’igihe n’ibyifuzo byawe. Aha rero mu buryo uba utanatekerejeho, ukurikira ‘follow’ abantu wenda atari abantu bashyiraho ibyo mu by’ukuri ukeneye.

3. Jya wiha uruhushya maze usibe bamwe mu bantu ufite muri telefoni nyuma y’igihe runaka. Reka gukurikira uwo ari we wese mudafite icyo muhuriyeho. Ni byiza kurushaho ku buzima bwawe bwo mu mutwe kandi bigufasha kwigobotora ububata bw’imbuga nkoranyambaga.

Na none kandi, jya uba inyaryenge witondere ibyo ushyira ku mbuga nkoranyambaga. Ntabwo uri ‘gupostinga’ amakuru atari yo wenda y’ibihuha? Nk’uko ufite umugambi wo gusukura urutonde rw’abo muvugana (contact list). Bigire ikintu nyambere gusangiza abandi ku mbuga ibintu bifite ubusobanuro n’umumaro kuri wowe ariko na none bifite icyo bimariye abandi.

Previous Story

Blaise yatsindiye miliyoni eshatu ku biceri bye maganatanu gusa

Next Story

Shene ya Youtube ya Platini yibwe n’abajura

Latest from Ubuzima

Ibyiza byo koga amazi akonje

Hari abantu bamwe bakunda koga amazi akonje, abandi bakabitinya, bagahitamo kaga ashyushye. Nyamara burya buri kintu cyose kigira ibyiza byacyo niyo mpamvu muri iyi

Uburyo bwiza bwo kuryama bwakurinda kugona

Iyo umuntu aryamira uruhande rw’ibumoso bigira ingaruka nyinshi kandi nziza mu mikorere y’umubiri. Ni mu gihe abantu benshi bibaza uburyo bwiza umuntu akwiye kuryamamo

Uko wakivura indwara y’umujagararo

Nk’uko ubushakashatsi bubigaragaza abantu benshi bahanganye n’amaganya,30% by’abantu bakuru bose bo muri Amerika, bazakubwira ko gushaka inzira nziza zo kurangaza ibitekerezo byawe bitoroshye. Ibimenyetso

Inyamaswa zihaka igihe kirekire

Ijambo guhaka rikoreshwa ku bisimba binini by’ibinyamabere nk’inka, gusa ku muntu harimo umwihariko, hakoreshwa ijambo gutwita. Hano ku umunsi.com twabakoreye urutonde rw’inyamaswa zihaka igihe
Go toTop