Imbamutima za Aline Gahongayire nyuma y’uko ahuye na Angeline Ndayishimiye [AMAFOTO]

20/07/2023 10:02

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana , Aline Gahongayire ari mu byishimo bikomeye nyuma yo guhura na Angeline Ndayishimiye umugore wa Perezida w’igihugu cy’u Burundi Evariste Ndayishimiye umaze iminsi i Kigal munama mpuzamahanga yiga k’uruhare rw’Abagore mu Iterambere.

 

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze , Aline Gahongayire yasangije abamukurikira amafoto ari kumwe na Angeline Ndayishimiye.

Nyuma yo gutangaza aya amafoto, yatangaje ko ari ibihe bidasanzwe kuba yahuye n’uyu Mudamu w’Umukuru w’Igihugu cy’abaturanye cy’u Burundi.Yagize ati:”Ni ibihe bidasanzwe nagiriye munama mpuzamahanga yiga k’uruhare rw’Abagore ku iterambere.Ni icyubahiro guhura na Ndayishimiye Angeline , Umugore wa Perezida w’Igihugu cy’Uburundi.Ni umwe mubafasha abagore kwigira  no kuzana impinduka nziza mu Karere”.

Ati:” Umuryango wanjye n’uwo kwa  Perezida Ndayishimiye  isanzwe igenderana ariko sibyo nshaka gutindaho , ibyo uganiriye n’umukuru iteka biba ibanga rikomeye.Cyakora nkwibiye ibanga , yambwiye ko akunda cyane indirimbo za Prosper Nkomezi”.

 

Advertising

Previous Story

Umukobwa yagiriye inama abakobwa ababuza gukunda Umusore w’abakundiye ikibuno cyangwa imiterere

Next Story

Ange Kagame yatangaje amazina y’abana be

Latest from Inkuru Nyamukuru

Amateka yaranze Tariki 26 Nyakanga

Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe ibyaranze iyi tariki mu mateka.Nihagira icyo wifuza kirenze ukidusigire ahatangirwa ibitekerezo. Uyu munsi tariki 26 Nyakanga, ni umunsi
Go toTop