Ikoti ryambarwaga na Michael Jackson mu 1980 ryagurishijwe arenga Miliyoni 325 y’Amafaranga y’u Rwanda

12/11/2023 12:11

Ikoti ryambarwaga na nyakwigendera Michael Jackson , mu mwaka w’ 1980 ryaguzwe amafaranga angana n’amayero 250,000 , amadorari 306,000 mu Mafaranga y’u Rwanda akaba angana na 328,199,959.50 RWF.

 

Iri kote ryambagarwaga na Michael Jackson , byari byitezweko rigurishwaga hagati y’amadorari 200 na 400 muri cyamunara.Iri koti uyu muhanzi yaryambaye cyane  mu mwaka wo mu 1980 by’umwihariko ubwo yamamazaga Pepsi.

 

Iri koti ni kimwe mu bikoresho bigera muri 200 bya muzika  bya M.J byagurishirijwe mu Bwongereza ku munsi wo ku wa Gatanu tariki 10 Ugushyingo.

 

Iri koti rya Michael Jackoson ryamamaye cyane binyuze mu matangazo yamamaza nk’uko twabigarutseho haraguru.Iri koti nanone Jackson yaryambaye mu ndirimbo yakoranye na Aretha Frankline bayita , ‘I knew You were you were waiting [For Me], yagurishijwe amafaranga asanga ibihumbi  93,750 by’Amayero.

 

Ikindi cyagurishijwe amafaranga menshi , ni agakoresho yakoreshaga mu musatsi we muri 2007, Gitariye [Gibson Guitar].

Advertising

Previous Story

Papa w’Abagatulika yirukanye Musenyeri Joseph Strickland warwanyaga ubutinganyi n’imiyoborere ye

Next Story

MU MAFOTO: Abitabiriye Iserukiramuco rya Nyege Nyege bimye amatwi iby’umutekano muke bakora amahano

Latest from Inkuru Nyamukuru

Amateka yaranze Tariki 26 Nyakanga

Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe ibyaranze iyi tariki mu mateka.Nihagira icyo wifuza kirenze ukidusigire ahatangirwa ibitekerezo. Uyu munsi tariki 26 Nyakanga, ni umunsi
Go toTop