Monday, May 20
Shadow

Fleury yasobanuye icyo Bahavu Jeanette avuze kuri we

Fleury yateye imitoma Bahavu Jeanette umugore we akaba arinawe umufasha cyane mu ifatwa ry’amashusho ya Filime ze.Uyu mugabo ufitanye umwana umwe na Bahavu Jeanette yamutatse avuga ko ari umugisha kuba amufute.

Mu magambo yuje urukundo n’amarangamutima menshi, Fleury yagize ati:”Ndumva mfite umugisha cyane kubera kugira urukundo rw’ukuri nkawe.Ndashaka kubana nawe kugeza ku iherezo rw’ubuzima bwanjye”.

Nyuma yo gushyira hanze ubu butumwa benshi barengejeho imitima maze uwitwa Gloria Muvandimwe agira ati:”Murakundana , nanjye nkunda uburyo mukundana.Muri urugero rwiza.Nyagasani ajye abagwiriza urukundo”.Bahavu yiyemeje guteza imbere uruganda rwa Cinema mu Rwanda afatanyije n’umugabo we.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *