Hari imico cyangwa ibintu bishobora kuranga umuntu agakundwa ndetse agahora akunzwe na buri umwe.
Ni wita kuri ibi bintu uzahora ukunzwe ntankomyi.
1.Ba umuntu undi muntu yakishingikiriza cg yacyenera
Niba ukundana n’umuntu utakwitabaza mu bintu runaka uwo muntu ntago akwiye guhabwa urukundo rwawe.
2.Ba umuntu wakizerwa
Iyo uri wamuntu wizewe ndetse wakizerwa na buri umwe burya ntankomyi urakundwa kuko uba wabika ndetse ugasigasira amabanga mu bushuti bwanyu.
3.Ba wamuntu abantu bubaha
Niba ushaka kubahwa burya uba ukwiye kumanza wiyuba nawe ubwawe. Iyo bije mu nkundo burya iyo wubaha uwo mukundana nawe arakubaha ndetse akagukunda cyane kurushaho cyane ko umwizera.
4.Ba wamuntu uzi kuganira
Burya iyo umuntu azi kuganira agira inshuti nyinshi. Sibyo gusa iyo mu rukundo umwe murimwe azi kuganira burya birabafasha kuko bibafasha kumenyana kurushaho kuko muba muganira cyane.
5.Ba wamuntu wumva
Aha kumva mvuga si ukumvisha amatwi gusa ahubwo ugomba kuba wamuntu ubwirwa ibintu akumva ntahubuke mu gusubiza cyangwa se kumva abandi bari mu bibazo nabyo byagufasha gukunda cyane ntankomyi.
Source: yourtango.com