Dj Dizzo wahawe iminsi 90 yo kubaho kubera Kanseri agakusanyirizwa amafaranga ntapfe yagarutse ku mpamvu atapfuye ashimira abarimo YAGO na Shaddboo

14/04/2023 10:58

Dj Dizzo wahawe iminsi 90 yo kubaho kubera Kanseri agakusanyirizwa amafaranga ntapfe yagarutse ku mpamvu atapfuye ashimira abarimo YAGO na Shaddboo

Dj Dizzo wiyise ngo ‘Dj Dizzo On the Mix’ kuri konti ye ya Instagram, yagarutse kubuzima bubi yabayemo ashimira abakomeje kumufasha.

Uyu musore wahuye n’Imana yavuye imuzi urugendo rwe kuva mu gihugu cy’amahanga yari atuyemo kugera ageze mu Rwanda , avuga ko Imana yahabaye ubwo yari amaze guhabwa iminsi 90 yo kubaho gusa.

Mu butumwa bwe yagize ati:” Kuri uyu munsi nari nabwiwe ko nsigaranye iminsi 90 gusa yo kubaho (3months to live). Natekereje ko iminsi yanjye igeze ku igerezo simbabeshya pe.

Ubwo nagarukaga mu Rwanda , nagarukanye urukundo rwanyu bamwe ntibabyumva ariko nabashije kubitsinda.

Kugeza magingo aya ndifuza gushimira abantu bose bamfashije kandi bakomeje kumfasha mu burwayi bwanjye kugeza magingo aya.

“Yago , Dady Maximo , Dj Princess , Christel , Shaddboo, muri amahirwe yanjye ndetse n’abandi ntavuze nishimira ko nabamenye.Icyo ntekereza k’ubuzima bwanjye uyu munsi, ni uko Imana imfite kandi nkaba nzakomeza kubaho Kandi sinterwe ubwoba no gupfa”.

Uyu musore yakomeje agira ati:” Hari abantu bamona, bakavuga bati Yesu ashimwe kuko ukiriho nanjye nkabwira ati , ni ukubera Imana”.


Advertising

Previous Story

“Nshenguwe no kuba nta kana asize” amagambo ya Mama wa Ikirezi Thamara Amusezera ateye ikiniga benshi

Next Story

Warakoze Kagame ! Icyamamare Harmonize gikomeje kugaragaza urukundo kuri Perezida Kagame

Latest from Inkuru Nyamukuru

Amateka yaranze Tariki 26 Nyakanga

Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe ibyaranze iyi tariki mu mateka.Nihagira icyo wifuza kirenze ukidusigire ahatangirwa ibitekerezo. Uyu munsi tariki 26 Nyakanga, ni umunsi
Go toTop