Davido yaguze umudari uri mu ishusho y’umwana we wapfuye umutwara arenga Miliyoni 321 RWF

14/02/2024 07:59

Umuhanzi wamamaye muri muzika ya Nigeria, yaguze umudari ufite ishusho idasanzwe y’umwana we uvugisha abatari bake.Uyu mudari yawerekanye anyuze kumbuga Nkoranyambaga ze no mu binyamakuru bitandukanye birimo TMZ , aho benshi batangajwe n’ishusho ufite n’agaciro k’amafaranga yawutanzeho.

Ni umudari Davido yaguze ashaka guha agaciro umwana we w’umuhungu wapfuye afite imyaka 3 agapfa arohamye muri Pisine.Uyu mudari Davido yawushyikirijwe na Gabriel Jacobs usanzwe azwi mu bucuruzi bw’imidari.Uyu mudari ushushanya isura ya Ifeanyi umuhungu we wakoze impanuka akagwa muri Pisine.Ni umudari bivugwa ko ukozwe mu mabuye ibihumbi 8 yose hamwe nkuko uyu Jacobs yabwiye TMZ dukesha iyi nkuru.

Uyu mudari ukozwe mu mabuye atandukanye nk’uko tumaze kubigarukaho arimo; Zahabu.Opal, Topaz,Citrine n’ayandi.Ubusanzwe Davido ni umuhanzi mpuzamahanga ukomoka muri Nigeria gusa umara igihe kinini muri Amerika.

Previous Story

Menya ibikubiye mu byatumye Luvumbu atandukana na Rayons Sports

Next Story

Impano zidasanzwe waha umukunzi wawe ku munsi w’abakundana ikamunyura

Latest from Imyidagaduro

Zari Hassan yasabye imbabazi umugabo we

Zarinah Hassan yaciye bugufi asaba imbabazi Shakib Cham umugabo we.Ibi bibaye nyuma yaho yari akomeje kumushinja kudashyira umutima hamwe byuzuye gufuhira Diamond Platnumz akarenzaho

Niyonzima Haruna yatandukanye na Rayon Sports

Rutahizamu ukomeye wakiniye Amavubi imikino myinshi Haruna Niyonzima yatandukanye na Rayon Sports  nyuma y’Igihe avuga ko yananiwe kubahiriza amasezerano bagiranye. Haruna Niyonzima wari umaze

Banner

Go toTop