Umunsi.comstudent.umunsi.comwriter.umunsi.com
Byinshi ku muhanzi Afrique wamamaye mu ndirimbo yise ‘Agatunda’ n’uko yabigenje kugira ngo iyi ndirimbo imubere ikiraro yambukiraho
Uncategorized

Byinshi ku muhanzi Afrique wamamaye mu ndirimbo yise ‘Agatunda’ n’uko yabigenje kugira ngo iyi ndirimbo imubere ikiraro yambukiraho

KWIZERA Jean de Dieu2025 Ukwakira 33 min gusoma
Byinshi ku muhanzi Afrique wamamaye mu ndirimbo yise ‘Agatunda’ n’uko yabigenje kugira ngo iyi ndirimbo imubere ikiraro yambukiraho

Umuhanzi Afrique , ni umwe mu bahanzi u Rwanda rufite batanga icyizere cy’ejo hazaza. Uyu muhanzi yatangiye kwamamara ubwo yari agishyira hanze indirimbo yise ‘Agatunda’. Muri iyi nkuru turagufasha kumenya inkomoko yo kwamamara k’uyu muhanzi.

    Umuziki Nyarwanda ubyara abahanzi batandukanye umunsi ku munsi ariko ntabwo ariko benshi bagera ku ntego zabo ngo babe bakwigaragaza mu buryo bumwe cyangwa ubundi. Uyu muhanzi Afrique , twavuga ko yahiriwe n’urugendo rwamukuye aho yari yibereye agatekereza gukora indirimbo akayita Agatunda kuko iyo ataza kugira icyo gitekerezo ntabwo byari kumworohera ngo abe ageze aho ageze magingo aya n’ubwo akicyubaka.       Ubusanzwe yitwa Kayigire Josue, yamamaye cyane ubwo yashyiraga hanze amashusho y’indirimbo yise ‘Agatunda’ igakundwa n’abatari bake bitewe n’ijwi rye ndetse n’amagambo yari muri iyo ndirimbo, umurishyo wayo ndetse n’amashusho yayo.

Aganira n’ikinyamakuru The New Times, Afrique, yemeje ko atari azi neza ko iyi ndirimbo izamufasha kwamamara cyangwa ngo itume abantu bamumenya cyane.     Uyu musore uri mu myaka 20 y’amavuko yagize ati:” Twari turi kuruhuka bisanzwe njye na Producer NizBeat arangije atangira gucuranga amajwi meza uwo mwanya ntangira kuririmba bisanzwe rwose gake gake. Nahise nandika indirimbo uwo mwanya mbona biraryoshye cyane.

Ubwo narangizaga kuyandika rero, twaje gusanga ari indirimbo nziza”.       Afrique yakomeje agira ati:”Ntabwo twari tuziko iyi ndirimbo izagafata ikamamara nk’uko bimeze ubu kuko twari tuziko ari indirimbo isanzwe. Ubwo mwanya njye natekereje gukora indi ndirimbo itari Agatunda ariko abantu bambwira ko Agatunda ariyo ndirimbo nziza”.

Afrique , agaruka ku buryo yageze mu bantu bagize ati:’Iyi ndirimbo yanjye , natangiye nyiha abantu kuri watsapp bisanzwe, ariko ,mbona batangiye kuyikwirakwiza, mbona kuri Tik Tok, barimo kuyikoresha cyane ndetse no kuri Instagram”.     Kayigire yemeza ko iyi ndirimbo ariyo ndirimbo ya Mbere muri 2 zakunzwe kuri Boomplay , ubwo yaganiraga na The New Times. Ubusanzwe Afrique , ni umuhanzi wavukiye mu Ntara y’Iburasirazuba, ni umwe mu bahanzi bazwiho kugira ijwi ryiza ndetse n’amagambo akakaye mu ndirimbo.

Afrique yemeza ko adatewe ubwoba nuko atazongera gupfa kubona indirimbo izamufasha kumenyekana nka ‘Agatunga’ gusa ngo ntabwo atewe ubwoba nabyo.       Uyu musore wamamaye mu ndirimbo Agatunda, yize ubwubatsi mu mashuri yisumbuye ndetse yatangiye gukora muzika mu mwaka wa 2020. Uyu muhanzi, yavumbuwe ndetse anafashwa n’umukinnyi wa Filime wamamaye nka Njuga, na Patrick Tegera wamamaye nka Real Pac ariko akaba atuye muri AMERIKA.

[embed]https://youtu. Mc0[/embed]

Ibyifuzo by’abasomyi

Andika igitekerezo cyawe

0/2000

Igitekerezo cyawe kizemezwa n’abaditsi mbere y’uko cyagaragara. Ibyanditsse n’ababotsi cyangwa spam ntibyemewe.

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

Abanyeshuri 94,33% batsinze ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye
INKURU NYAMUKURU

Abanyeshuri 94,33% batsinze ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) cyatangaje ko abanyeshuri 94,33% batsinze ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2025/2026.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 6 yashize
NESA igiye gutangaza amanota y’ibizamini bisoza amashuri yisumbuye
INKURU NYAMUKURU

NESA igiye gutangaza amanota y’ibizamini bisoza amashuri yisumbuye

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) cyatangaje ko amanota y’ibizamini bisoza amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2025/2026 azatangazwa kuri uyu wa 11 Nzeri 2026, saa munani z’amanywa (2:00 PM).

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 16 yashize
AFC-M23 yatangaje umubare w’abapfiriye mu nkongi y’umuriro y’i Bukavu
Hanze

AFC-M23 yatangaje umubare w’abapfiriye mu nkongi y’umuriro y’i Bukavu

Ihuriro AFC-M23 ryatangaje ko abana n’abanyeshuri 24, barimo abakobwa 19 n’abahungu batanu, ari bo bapfiriye mu nkongi y’umuriro yibasiye amazu yo mu gace ka Tshimpunda ho muri Komini ya Kadutu, mu Mujyi wa Bukavu.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 16 yashize
Umuhanzi Sat B ari gukorana indirimbo na The Ben
Akazi

Umuhanzi Sat B ari gukorana indirimbo na The Ben

Umuhanzi w’Umunyarwanda The Ben ari gukorana indirimbo nshya n’umuhanzi w’Umurundi Sat B, umaze iminsi i Kigali.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 16 yashize
AMERIKA : Perezida Donald Trump yashinjwe ruswa nyuma yo kwemerera buri munyamerika arenga 7,000,000 RWF
Hanze

AMERIKA : Perezida Donald Trump yashinjwe ruswa nyuma yo kwemerera buri munyamerika arenga 7,000,000 RWF

Umukuru w'Igihugu cya Amerika Donald Trump, yasezeranyije ko buri muntu mukuru ufite ubwenegihugu bwa Amerika azahabwa amadolari 5,000, mu gihe Ishyaka ry’Abarepubulikani ritsinze amatora ya manda yo hagati rikagumana ubuyobozi mu Nteko Ishinga Amategeko.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Achraf Hakimi na Sadio Mané bayoboye Abanyafurika muri Ballon d’Or 2026
Imikino

Achraf Hakimi na Sadio Mané bayoboye Abanyafurika muri Ballon d’Or 2026

Abakinnyi b’Abanyafurika umunya Morocco Achraf Hakimi n'umunya Senegal Sadio Mané bari mu bakinnyi 30 bahatanira Ballon d’Or 2026, mu gihe Afurika ifite abandi bakinnyi bahataniye ibihembo bitandukanye mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 70 kuva ibi bihembo byatangira gutangwa.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize