Biravugwa ko Eric Semuhungu yagejejwe mu Rwanda yirukanwe muri Amerika azizwa gufata umusore mugenzi we kungufu

21/09/2023 14:40

Mu mwaka wa 2022 nibwo ikinyamakuru cyo muri Amerika cyanditsi ko Umunyarwanda Eric Semuhungu utuye muri icyo gihugu akurikiranweho ibyaha birimo gufata  kungufu umuhungu wo bahuje igitsina no gufata amashusho no kuyakwirakwiza  kumbuga nkoranyambaga atabiherewe uburenganzira.

 

 

Muri icyo gihe polise yo muri Las Vegas yasohoye raporo ivuga ko  hari umugabo wayihamagaye  ayiha ubuhamya bw’uburyo uyu Semuhungu yamunywesheje ibisindisha  akamufata kungufu.Amakuru yo yakomeje avuga ko nyuma yo gukurikiranwaho ibyo byaha , hari hakurikiyeho kumwohereza mu gihugu yaturutsemo cyakora ibyangombwa bye byerekana ko ajya kujya muri Amerika yaturutse muri Afurika y’Epfo.Urukiko rwasabaga ko yoherezwa mu Rwanda ariko umwunganira mu mategeko agasaba ko yoherezwa muri Afurika y’Epfo.

 

 

 

Amakuru avuga ko ubwo uyu Semuhungu yari atarakira ubwene gihugu bwa Amerika yamaze amezi ane afungiye muri iki gihugu nk’uko Ikinyamakuru cyandikira hano mu Rwanda cyitwa Imirasiretv kibitangaza .Muri aya mezi ane ngo Eric yari akurikiranweho ibyaha birimo impapuro mpimbano, gufatanya n’abacuruza ibiyobyabwenge bitemewe kubutaka bwa Amerika hamwe no gusindisha no gukoresha imibonano mpuzabitsina uwo batabyumvikanyeho.

 

Amakuru ahari avuga ko ERIC Semuhungu yagejejwe I Kigali mu byo bita ‘Deportation’ nyuma y’aho yari amaze igihe afungiye muri NYE Immigration Detection Center.

Advertising

Previous Story

Miss Mwiseneza Josiane wabaye Nyampinga ukunzwe n’abantu cyane muri 2019 yahakanye amakuru arimo kumuvugwaho nyuma yo kubengwa n’umusore wamwambitse impeta akirongorera undi hadaciye kabiri

Next Story

URUBANZA RWA KAZUNGU :  “Yabicaga abajombye ikaramu mu mazuru mpaka amaraso ashotse” ! Mu rubanza rwa kazungu amarira y’umubyeyi w’umwana wishwe na kazungu, amazina mashya yabishwe byashenguye benshi

Latest from Inkuru Nyamukuru

Amateka yaranze Tariki 26 Nyakanga

Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe ibyaranze iyi tariki mu mateka.Nihagira icyo wifuza kirenze ukidusigire ahatangirwa ibitekerezo. Uyu munsi tariki 26 Nyakanga, ni umunsi
Go toTop