Amafoto / Screenshot y'amashusho yashyizwe kuri instagram ya Agasaro Tracy

Agasaro Tracy yateranye imitoma n’umugabo we aramusoma anamushimira ko amufata nk’umwamikazi buri munsi

04/12/2023 15:41

Kuri uyu munsi tariki 04 Ukuboza 2023, aba bombi  bishimira ko bujuje imyaka 2 mu rukundo babana nk’umugabo n’umugore.

 

Tracy Agasaro yafashe umwanya agaragariza abamukurikira iby’urukundo rwabo binyuze mu magambo babwiranye.

Agasaro Tracy ati:”Hari ubwo umuntu abura amagambo yo kuvuga neza akabura naho yahera asohora ayari mu mutima we”. Kuri uyu munsi nta byinshi mfite byo kuvuga , gusa nujujwe n’amarangamutima menshi kuko icyo mfite cyo kuvuga ni nti , nkunda ubu bumwe n’uyu mugabo uri hano”.

 

Nejejwe n’imyaka 2 tumaranye dushakanye kandi imyinshi iri imbere yacu, Rene Patrick”.

Mu mashusho yuzuye urukundo n’amarangamutima yabo bombi ,bigaragara ko bayafashe bagamije gushimirana.Muri aya mashusho yuzuye ibyishimo , Agasaro yagize ati:

 

”Warakoze guhora umbwira ko ndi mwiza buri munsi”.Umugabo we nawe yagize ati:” Ndagukunda mukobwa mwiza kandi niteguye kumarana imyaka 100 nawe” [ Ahita amusoma].

Urukundo rw’aba bombi rukomeje kwigisha benshi uko bakundana.

Amafoto / Screenshot y’amashusho yashyizwe kuri instagram ya Agasaro Tracy

 

Advertising

Previous Story

Diamond Platnumz yavuze ko yiyumvise nk’usuzuguwe akimara gukurwamo isapo n’igisambo kikayiba

Next Story

Umukobwa w’imyaka 29 yakoze ubukwe n’umukecuru w’imyaka 66 bemeranya ko murugo rwabo bazajya bacana inyuma

Latest from Imyidagaduro

Go toTop