Abakobwa ba Mulindahabi Irene bateguje indirimbo nshya

11/08/2023 22:05

Vestine na Dorcas bateguje indirimbo nshya bise ‘Kumusaraba’.

Ubusanzwe Vestine na Dorcas ni abaramyi 2 baririmba indirimbo zo kuramya no guhimba Imana ndetse bavukana.

Aba bakobwa bombi batangiye uyu mwuga bifata amashusho asanzwe basubiramo iz’abandi kuri ubu batangaje ko hari inkuru y’abatuye imbaga bifuza ko abantu bumva.

Mu butumwa bacishije kuri Konti yabo ya Instagram, bagize bati:” Hello ! Witeguye ute kumva inkuru y’abatuye imbaga ? #Kumusaraba (+)”.

Nyuma yo kuvuga aya magambo barengejeho ijambo rishimira bagira bati:” Warakoze Yesu”.

Nyuma y’ubu butumwa bwaherekejwe n’amafoto meza yafashwe na Lee, Irene Mulindahabi nawe yakoze Copy na Paste by’aya magambo ayashyira kumbuga nkoranyambaga ze.

Aba bakobwa bagiye gusohora iyi ndirimbo nyuma y’indi bakoze igashimisha abatari bake.Aba bombi bari mu biganza by’umunyamakuru , M Irene , ariwe ubafasha muri muzika.

Advertising

Previous Story

Umusore mwiza wagaragaye mu muhanda adandaza inkweto akomeje kuvugisha benshi cyane cyane abakobwa kuko bamukunze cyane

Next Story

Umuhanzikazi Rihanna ukuriwe yashyize hanze amafoto ari konsa umwana we w’imfura ufite igikundiro witwa RZA

Latest from Inkuru Nyamukuru

Amateka yaranze Tariki 26 Nyakanga

Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe ibyaranze iyi tariki mu mateka.Nihagira icyo wifuza kirenze ukidusigire ahatangirwa ibitekerezo. Uyu munsi tariki 26 Nyakanga, ni umunsi
Go toTop