Advertising

Abahanzi babiri b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana bibarutse nyuma y’amezi atatu bakoze ubukwe

15/10/2024 14:28

Aba bahanzi Nshimiyimana Robert, uzwi nka Roberto, na Marie Iratwibuka Salome, bazwi cyane muri Kiliziya Gatulika, bibarutse imfura yabo nyuma y’amezi atatu bakoze ubukwe.

Ubukwe bwabo bwabaye ku wa 13 Nyakanga 2024, maze nyuma y’amezi atatu n’iminsi ibiri basezeranye imbere y’Imana, bakira umwana wabo w’imfura, ibyo bikaba byabashimishije cyane.

Batangaje ibyishimo by’umuryango bavuga ko bari bamaze igihe bategereje uyu mwana, kuva mu kwa mbere, kandi bashimishijwe no kuba umwana n’umubyeyi bameze neza.

Aba bahanzi bazwi cyane mu ndirimbo zihimbaza Imana ndetse bagiye batumirwa mu makorali akomeye nka Chorale de Kigali na International et Ensemble Instrumental de Kigali. N’ubwo uyu mwaka batakoze indirimbo nyinshi bitewe n’ibikorwa by’ubukwe no kwitegura umwana, Roberto yavuze ko bazakomeza gukora ibihangano mu bihe biri imbere.

Album yabo ya mbere bise “Icyaha,” bamuritse mu Ugushyingo 2023, yamenyekanye ku ndirimbo zakunzwe zirimo “Umwungeri mwiza,” “Dufite Imana,” na “Ihorere.”

Leave a Reply

Your email address will not be published.

Previous Story

The Ben yagize icyo abwira Amavubi mbere yo guhura na Benin

Next Story

Byinshi kuri Blue lake ikiyaga cya mbere gisukuye ku isi

Latest from Iyobokamana

Go toTop