xr:d:DACdFfjx0ng:11743,j:8281418553036441981,t:24041312

Bobrisky agiye gufungirwa muri gereza y’abagabo

13/04/2024 21:22

Icyamamare muri Nigeria Bobrisky yakatiwe igifungo azarangiriza muri gereza y’abagabo.

Bobrisky wihinduje igitsina , yakatiwe n’urukiko igihano cyo gufungwa amezi 6 ari muri gereza y’abagabo.Uyu mugore yazize gufata amafaranga yo muri Nigeria akayanyanyagiza nk’imvura ubwo bari bari gukina filime no mu bukwe.

Ubwo yakatirwaga iki gihano Bobrisky ntabwo yigeze ahabwa amahirwe yo gutanga amafaranga cyangwa ibihano bisimbura iki gifungo yakatiwe n’urukiko nk’uko byakomeje kujya bitangazwa n’itangazamakuru ryo muri Nigeria natwe dukesha iyi nkuru.

Iki cyaha cyo kunyanyagiza amafaranga yagikoreye muri Nigeria abikora bitemewe.Itsinda y’abaryamana bahuje ibitsina muri Nigeria naryo ryavuze ko aba bantu bari gukorerwa ihohoterwa ryivanura muri iki gihugu.Mu kwezi kwa Gatatu uwitwa Oluwadarasimi, nawe yahawe igihano nk’iki muri Nigeria.

Mu rukiko Bobrisky yavuze ko atari aziko ibyo ari gukora biramuviramo gufungwa.

Previous Story

Diamond Platnumz yagaragaje impamvu atajya yemera kwitabira ibihembo byo muri Tanzania

Next Story

Marchal Real Estate Developers ihatanye mu bihembo bikomeye muri Afurika

Latest from Imyidagaduro

Zari Hassan yasabye imbabazi umugabo we

Zarinah Hassan yaciye bugufi asaba imbabazi Shakib Cham umugabo we.Ibi bibaye nyuma yaho yari akomeje kumushinja kudashyira umutima hamwe byuzuye gufuhira Diamond Platnumz akarenzaho

Niyonzima Haruna yatandukanye na Rayon Sports

Rutahizamu ukomeye wakiniye Amavubi imikino myinshi Haruna Niyonzima yatandukanye na Rayon Sports  nyuma y’Igihe avuga ko yananiwe kubahiriza amasezerano bagiranye. Haruna Niyonzima wari umaze

Banner

Go toTop