Zuchu yatewe ibuye ari kurubyiniro bituma ahagarika kuririmba igitaraganya

03/10/2023 08:08

Mu ijoro ryo kuwa Gatanu tariki 30 Nzeri 2023 ,Umuhanzi kazi Zuchu yahagaritse kuririmba nyuma y’aho umufana utazwi yamuteye ibuye ari kurubyiniro mu Mujyi wa Mbeya,muri Tanzania .

 

Mu mashusho yagiye hanze,uyu mukobwa wamenyekanye mu ndirimbo nyinshi zirimo niyitwa Sukari,agaragara kurubyiniro ari kubyina n’ababyinnyi be,mbere y’uko umugizi wanabi amuteye ibuye.

 

Ubwo uyu mukobwa yari amaze akanya aririmba, yahagaze gatoya kugirango aganirize abafana.Yahise agira ati”Mbeya mambo(mumeze mute mbeya)?”

 

Atararangiza iyo nteruro,umwe mubafana yahise amutera ibuye riramufata. Nk’uko amakuru abitangaza, Zuchu yahise ahagarika kuririmba.

 

Uyu muhanzikazi yaririmbaga mu birori byabanjirije iserukira muco rya Wasafi Mu mujyi wa Mbeya aho igitaramo nyamukuru cyabaye kuwagatandatu ,tariki 30 Nzeri 2023.

Advertising

Previous Story

Nigeria: Umugabo bamufashe agiye gucuruza mu isoko ibitoki yibye yirengura avuga ko yari amaze iminsi atarya

Next Story

Diamond Platnumz yahishuye uko Zari Hassan yamwifujeho abandi bana kugeza ubwo amubwiye ngo babyarirwe n’undi mugore bamwishyure

Latest from Inkuru Nyamukuru

Amateka yaranze Tariki 26 Nyakanga

Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe ibyaranze iyi tariki mu mateka.Nihagira icyo wifuza kirenze ukidusigire ahatangirwa ibitekerezo. Uyu munsi tariki 26 Nyakanga, ni umunsi
Go toTop