Zuchu yatewe ibuye ari kurubyiniro bituma ahagarika kuririmba igitaraganya

10/03/23 8:1 AM
1 min read

Mu ijoro ryo kuwa Gatanu tariki 30 Nzeri 2023 ,Umuhanzi kazi Zuchu yahagaritse kuririmba nyuma y’aho umufana utazwi yamuteye ibuye ari kurubyiniro mu Mujyi wa Mbeya,muri Tanzania .

 

Mu mashusho yagiye hanze,uyu mukobwa wamenyekanye mu ndirimbo nyinshi zirimo niyitwa Sukari,agaragara kurubyiniro ari kubyina n’ababyinnyi be,mbere y’uko umugizi wanabi amuteye ibuye.

 

Ubwo uyu mukobwa yari amaze akanya aririmba, yahagaze gatoya kugirango aganirize abafana.Yahise agira ati”Mbeya mambo(mumeze mute mbeya)?”

 

Atararangiza iyo nteruro,umwe mubafana yahise amutera ibuye riramufata. Nk’uko amakuru abitangaza, Zuchu yahise ahagarika kuririmba.

 

Uyu muhanzikazi yaririmbaga mu birori byabanjirije iserukira muco rya Wasafi Mu mujyi wa Mbeya aho igitaramo nyamukuru cyabaye kuwagatandatu ,tariki 30 Nzeri 2023.

Go toTop