Zuchu yagiriwe inama yo kuva muri Wasafi nyuma yo gutandukana na Boss wayo Diamond Platnumz

29/09/2023 16:22

Nyuma yo gutandukana na Diamond Platnumz abyivugiye ubwe Zuchu yagiriwe inama n’abafana be yo kuva muri Wasafi.

 

Zuchu wamamaye muri Sukari , arimo kwitabwaho n’abafana be bamusabye gutandukana na Wasafi amazemo igihe kitari gito. Zuchu niwe witangarije ko atakiri umukunzi wa Boss we ndetse atangaza ko ubu Diamond yemerewe gukora ibyo ashaka.

 

Ibinyamakuru byo muri Tanzania bitangazako kugeza ubu nta muntu uzi neza igihe aba bombi batandukaniye n’icyabiteye n’ubwo Zuchu we yemeza ko byakomotse kuri Tanasha Donna gusa Diamond ntacyo yari yabivugaho.

 

Tanasha Donna we yasabye imbabazi zo kuba yaroherereje nyirabukwe ubutumwa bumwifuriza isabukuru nziza y’amavuko gusa ubwo Zuchu yashyiraga amashusho kumbuga nkoranyambaga ze arimo kwitera ibirungo abafana be baboneyeho kumusaba kuva muri Wasafi.

 

Bamwe muri bamusabye ko yavamo ubundi agashaka abandi bajyanama bashya muri muzika ye.

Advertising

Previous Story

Abahanzi bamwe barwaye Depression ! Umunyamakuru Big Shema yahishuye byinshi ku muziki w’abahanzi bakizamuka asobanura ko babyitera – VIDEO

Next Story

Dore ubusobanuro n’inkomoko by’amazina arimo Louise , Joseph na Theogene

Latest from Inkuru Nyamukuru

Amateka yaranze Tariki 26 Nyakanga

Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe ibyaranze iyi tariki mu mateka.Nihagira icyo wifuza kirenze ukidusigire ahatangirwa ibitekerezo. Uyu munsi tariki 26 Nyakanga, ni umunsi
Go toTop