Umukobwa wamamaye nka Yolo The Queen yatangaje ko atwite nyuma y’igihe umuhanzi w’icyamamare Harmonize atangaje ko amukunda cyane ndetse ko yumva yaza gutura mu Rwanda kubera we.
Â
Uyu mushabitsi ku mbuga nkoranyambaga yatangaje ko atwite nyuma yo kubazwa n’umufana we impamvu atagitambutsa cyane amafoto ye kumbuga nkoranyambaga.Uyu mukobwa wuje ikimero gutangaza abatari bake , yahise amusubiza ati:’ Ndatwite”.
#Yolo The Queen aratwite nyuma yo kuzirika ku kagozi Harmonize pic.twitter.com/vghnYFNAjK
— UMUNSI.COM (@umunsiofficial) July 3, 2023
Â
N’ubwo Yolo The Queen atigeze agaragaza uwatambukije ubu butumwa ariko Yolo The Queen yakoze ibi , nyuma yo gutambutsa ubwa Harmonize wavugaga ko akumbuye iyi nkumi ndetse akabivuga mu kinyarwanda cyiza ati:” Sinshobora gutegereza kongera kuguhobera mukunzi”.
Â
Harmonize akimara kumva ko Yolo The Queen atwite yaruciye ararumira ntihari ikindi yongera gutangaza.Urukundo rwa Harmonize na Yolo The Queen rwagiye ruvugwa ho byinshi , gusa kugeza ubu ntawe uzi neza uyu mukobwa dore ko hari n’abatemera ko abaho wanyawe.