Abahanzi babiri bavukana Vestine na Dorcas ubwo bageraga i Burundi basanze abanyamakuru benshi babategereje mu gihe kingana hafi n’iminota hafi 30 babageze imbere ntihagira n’ikibazo na kimwe basubiza.
Mu masaha ya Nyuma ya saa sita zo kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Ukuboza 2023, nibwo Vestine na Dorcas berekeje mu gihugu cy’u Burundi.
Mulindahabi Irene usanzwe abareberera yajyanye nabo.Ubwo bageraga mu Burundi uwo mwanya banze kugira icyo bavuga, basaba abanyamakuru ko barabasubiriza mu kiganiro n’itangazamakuru.