Vanessa Mdee yahishuye ikintu gikomeye yabatuwemo n’umukunzi we Rotimi

05/12/2023 07:02

Umuhanzikazi Vanessa Mdee yahishuye ko amaze imyaka 4 atanywa inzoga n’ibindi biyobyabwenge kubera umukunzi Rotimi.

Uyu mugore w’abana 2, amaze igihe muri Mexico hamwe n’umukunzi we aho yishimiye ibintu bitandukanye birimo ; koga, gukorerwa masaje , gutembera n’ibindi.

Yemeza ko kugeza ubu amaze imyaka 4 atanywa ibiyobyabwenge kubera umukunzi we.Mu gihe yari amaranye n’umukunzi we.

Yagize ati:” Maze imyaka 4 ntanywa inzoga cyangwa ibindi bisa nazo.Mu byukuri ntewe ishema nanjye ubwanjye
kuko uyu ni umwe mu myanzuro yanshimishije”.

Umukunzi we Rotimi yashyize hanze amashusho yabo bombi bishimanye dore ko bari basohokanye kugira ngo bizihize isabukuru ya Rotimi y’imyaka 35.

 

Vanessa Mdee ati:” Ku muntu mwiza w’Umunyamutima nigeze mbona, umujyanama mwiza, untera imbaraga , unsetsa, unyuza mu bikomeye.Umugabo mwiza nigeze mbona.

“Ndi umunyamugisha kuba nkukunda. Isabukuru nziza y’amavuko mukunzi , Imana ikwiteho iguhe umugisha. Mumfashe twifurize umugabo wanjye isabukuru nziza y’amavuko ye”.

Advertising

Previous Story

Umugore yajugunye umwana we w’amezi 8 mu nyanja amuziza kuba afite ubumuga bwo kutumva, atabarwa n’abagira neza

Next Story

Bari guhabwa amafaranga ! Hamenyekanye amakuru mashya ku musore n’umukobwa bagaragaye bari guterera akabariro ku muhanda

Latest from Imyidagaduro

Intare FC yasinyishije umukinnyi mushya

Umuyobozi wa Intare FC, Byabuze Gatibito yavuze ko nta biganiro bigeze bagirana na Mukura VS yatangaje ko yasinyishije Ishimwe Jean-René wari intizanyo y’iyi kipe
Go toTop