USA: Yarashe umukunzi we amuhora gukuramo inda

13/05/2023 09:54

Inzego zishinzwe umutekano muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika zataye muri yombi Harold Thompson ukurikiranyweho icyaha cyo kurasa umukunzi we bikamuviramo urupfu, nyuma yo kumushinja ko yamukuriyemo inda.

Harold Thompson yatawe muri yombi ku wa Gatanu tariki 12 Gicurasi mu 2023 muri Leta ya Texas, nyuma y’amashusho yagiye hanze amugaragaza aniga umukunzi we wari uzwi nka Gabriella Gonzalez mbere yo kumurasa.

Muri aya mashusho yafashwe ku wa Gatatu tariki 10 Gicurasi mu 2023, agaragaza Harold Thompson aniga uyu mukunzi we w’imyaka 22 by’akanya gato nyuma akamurekura nyuma bagakomeza urugendo.

Mu gihe uyu mukobwa yari ari imbere, uyu musore ahita afata imbunda yari afite akamurasa mu mutwe. Mbere yo kwiruka ngo ahunge, Harold Thompson abanza kurasa Gabriella Gonzalez andi masasu menshi.

Kugeza ubu amakuru atangwa n’inzego z’iperereza avuga ko “Harold Thompson yarashe umukunzi we amushinja kumukuriramo inda, mu gihe we atabyifuzaga.”

IGIHE.COM

Advertising

Previous Story

Imitoma 12 irenze wakoresha igahindura ubuzima bw’urukundo rwawe

Next Story

“Natandukanye na Diamond kubera ingeso ye yo kunca inyuma” – Wema Sepetu wabaye Miss wa Tanzania agakundana na Diamond yabuze ko ari we wamwanze

Latest from Inkuru Nyamukuru

Amateka yaranze Tariki 26 Nyakanga

Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe ibyaranze iyi tariki mu mateka.Nihagira icyo wifuza kirenze ukidusigire ahatangirwa ibitekerezo. Uyu munsi tariki 26 Nyakanga, ni umunsi
Go toTop