Umusore ari mu buribwe nyuma yo kujya muri Italy gusura umukobwa yatanzeho amafaranga menshi agasanga yarimutse

20/02/2024 09:07

Imwe mu nkuru ikomeje kuvugisha benshi hirya no hino ku mbugankoranyambaga ni inkuru yuyu musore witwa Osg usanzwe utuye mu gihugu cy’Ubwongereza mu mujyi wa London yatunguye ndetse ashengurwa n’umukobwa bari basanzwe bari mu rukundo.

Uyu musore abinyujije ku rukuta rwe rwa TIKTOK, yavuze uburyo umukobwa bakundana yari asanzwe aba mu gihugu cya Italy ariko ubwo yapanganga kujya kumusura, yagezeyo akubitwa n’inkuba yo kubura umukobwa.Nkuko yakomeje avuga, yavuze ko umukobwa bakundanaga yabaga mu gihugu cya Italy bityo ko yari yapanze kujya kumusura ariko ajya kumusura amutunguye bityo atungurwa no kugerayo agasanga umukobwa atakibayo.

Ubwo ngo yageragezaga kumubaza aho asigaye aba kuko aho yabaga yamubuze, umukobwa bakundanaga yamubwiye ko atamubwira aho aba maze ngo ahita amukupa maze Umusore agaruka mu mujyi wa London yimyiza imoso nyuma yo gutwika itike ye.

Uyu musore yakomeje avuga ko abakobwa rimwe n’arimwe bababaza abasore nubwo usanga abakobwa benshi bibwira ko aribo bababazwa gusa nyamara n’abasore nabo ngo barababazwa ndetse cyane.

Source: thetalk.ng

Advertising

Previous Story

Nkore iki ?: Maze imyaka 51 mbana n’umugore wanjye ariko mperutse gusanga mu bana bose twabyaranye nta wanjye urimo!

Next Story

Niba umukozi wawe afura utwenda tw’imbere tw’umugabo wawe, niyo baryamana ntukwiye kubabara ! Tasha

Latest from Inkuru z'urukundo

Go toTop