Umunyafurika Elon Musk yashyizwe ku mwanya wa Kabiri mu bakire ku Isi

26/04/2024 14:59

Umunyamafaranga akaba nyiri X, yashyizwe ku mwanya wa kabiri nk’umuntu utunze amafaranga menshi ku Isi.Ibi byakozwe n’ikinyamakuru Forbes Real Time Billionaires kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Mata 2024.

Nk’ko byatangajwe n’ikinyamakuru cyandikira muri Afurika y’Epfo , yageze ku mwanya wa Kabiri nanone ku mafaranga angana na Billion 9.8 z’Amadorari mu masaha 24.Uyu mugabo yari yinjije angana na Billion 4.5$ umunsi wari wabanje.

Agwije aya mafaranga nyuma yo gutangaza ko Tesla ifite gahunda yo gukomeza gahunda yayo yo gukora ‘Tesla Model’ nshya mbere y’u mwaka wa 2025.Uyu mugabo kandi yashoye amafaranga menshi mu bijyanye n’ubwenge buremano [ Artificial intelligence ] nabyo biri mu bimwinjiriza amafaranga.

Musk kandi yatangaje ko ari mu mushinga wo gushyira hanze imodoka yitwara [ Self Driving Car ].

Ku mwanya wa Mbere w’abatunze agatubutse uwitwa Bernard Arnault niwe wa Mbere.Uyu mugabo washinze kompanyi ya Louise Vuitton igezweho afite angana na Billion $211.8. Ku mwanya wa Gatatu hariho Jeff Bezos.

Elon musk ari mu bakire 10 bakiri bato ku Isi barimo na Mark Zuckerberg wa Facebook, Larry Ellison ,Warrewy Buffett , Page , Bill Gates na Steve Ballmer.

 

Advertising

Previous Story

“Mu nyakire kabisa APR FC ku mutima” ! Akigera muri APR FC Sarpongo yakiriwe neza agira icyo asaba abafana

Next Story

Kenny Edwin na Fire Man bahuriye mu ndirimbo ‘SUKU’ – VIDEO

Latest from Inkuru Nyamukuru

Amateka yaranze Tariki 26 Nyakanga

Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe ibyaranze iyi tariki mu mateka.Nihagira icyo wifuza kirenze ukidusigire ahatangirwa ibitekerezo. Uyu munsi tariki 26 Nyakanga, ni umunsi
Go toTop