Umuhanzi Ross Kana yashyize avuga ko ariwe wihereye Element indirimbo ye ‘Fou de Toi’ kubera ko yari amwizeyeho abafana benshi ahishura ko ubu nta nigiceri yayibonaho

by
29/08/2023 22:27

Umusore ukiri muto uzwi ku izina rya Ross Kana z yagaragaje ko ariwe wahaye Element Indirimbo Fou de Toi’ nyuma y’imyaka bayikoraho yaranze gusohoka kubera akazi ka Element.Uyu musore yatanze urugero kuri The Ben wahaye Diamond Platinumz indirimbo WHY ashimangira ko nawe ari uko byagenze.

 

Mu kiganiro uyu muhanzi yagiranye na Inyarwanda, yagaragaje ko ariwe wagitanze ati:” Maze iminsi numva abantu bavuga ibintu bitandukanye ariko ibyo bavugaga byose harimo ibinyoma.

 

Mbere na mbere nagiragango mbabwire ko arinjye wahaye indirimbo Element kuko ni indirimbo yari imaze igihe kirekire kubera akazi kenshi Element agira.Nyuma yo gushyikiriza Element indirimbo yayishyizemo ibirungo ibanziza dusaba Bruce Melodie kuyijyamo kubw’amahirwe arabyemera.

 

Rero irangiye nahise nyiha Element kugira ngo ayishyire kumbuga ze bitewe n’abafana afite, rero niyo mpamvu kugeza ubu ntanigiceri nayibonaho”.

 

Element yemeza ko kuba Element yagenda abivuga ntakibazo kirimo na cyane ko ngo ariko kuri , kuri ubu indirimbo ni iya Element.Yavuze ko icyo yashakaga ari uko indirimbo imumenyekanisha binyuze mu bafana be (Subscribers).Uyu muhanzi yemeza ko indirimbo yetumye amenyekana binyuze muri Element na Bruce Melodie.

Src: InyaRwanda

Arvin

Ni umwanditsi wa Umunsi.com

Advertising

Previous Story

Ariel Wayz yashimangiye ko akunda cyane indirimbo ya The Ben yitwa ‘Konahindutse’ arayiririmba yose

Next Story

Bakobwa mwirinde ibigare ! Kubera ikigare natangiye kuryamana n’abasore mfite imyaka 16 gusa

Latest from Inkuru Nyamukuru

Amateka yaranze Tariki 26 Nyakanga

Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe ibyaranze iyi tariki mu mateka.Nihagira icyo wifuza kirenze ukidusigire ahatangirwa ibitekerezo. Uyu munsi tariki 26 Nyakanga, ni umunsi
Go toTop