Advertising

Ubushakashatsi: Abagera kuri miliyoni 400 ku Isi barwaye indwara yo gusinzira bikabije

09/04/2023 18:11

Ubushakashatsi bugaragaza ko abatuye Isi bagera kuri 5%, ni ukuvuga miliyoni 400 muri miliyari umunani bayituye barwaye indwara yo gusinzira bikabije (Hypersomnia).

Ni indwara iterwa n’impamvu zitandukanye zirimo gukoresha ibiyobyabwenge ku kigero gikabije, agahinda gakabije, imiti umuntu anywa kubera ubundi burwayi runaka ndetse n’izindi.Ubushakashatsi bwemejwe mu 2021 na Markku Partinen wo muri Kaminuza ya Helsinki yo muri Finland bugatangazwa mu Kinyamakuru Frontiers, bugaragaza ko iyi ndwara yibasira abari hagati y’imyaka 17-24.

Ab’igitsinagore ni bo benshi ku kigero cya 60.5%, naho ab’igitsinagabo bakaba 39.5%.Ubundi bushakashatsi bwakozwe n’Ikigo National Center for Biotechnology Information cyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bugaragaza ko muri abo bafite iyi ndwara y’umusinziro ukabije abenshi bibasirwa cyane mu masaha yo ku manywa (Idiopathic Hypersomnia).

Abagera kuri 0.026% muri bo basanganywe indwara yo kunanirwa kwishyira ku murongo mu gihe cyo gusinzira cyangwa gushaka ibitotsi (Narcolepsy).Abarwaye umusinziro ukabije bajya kwa muganga bagahabwa imiti ibabuza gusinzira.Umuti witwa ‘XYWAV’, kugeza ubu ni wo wemejwe n’Ikigo gishinzwe kugenzura Ibiribwa n’Imiti muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (FDA), ko uhabwa abantu bafite ubu burwayi.

Previous Story

Ubuhamya bwa Straton Nzabahimana warokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994

Next Story

Yamusambanyirije muntebe ! RIB yataye muri yombi umukozi w’Akarere ukekwaho gusambanira muruhame rw’abantu

Latest from Ubuzima

Ibyiza byo koga amazi akonje

Hari abantu bamwe bakunda koga amazi akonje, abandi bakabitinya, bagahitamo kaga ashyushye. Nyamara burya buri kintu cyose kigira ibyiza byacyo niyo mpamvu muri iyi

Uburyo bwiza bwo kuryama bwakurinda kugona

Iyo umuntu aryamira uruhande rw’ibumoso bigira ingaruka nyinshi kandi nziza mu mikorere y’umubiri. Ni mu gihe abantu benshi bibaza uburyo bwiza umuntu akwiye kuryamamo

Uko wakivura indwara y’umujagararo

Nk’uko ubushakashatsi bubigaragaza abantu benshi bahanganye n’amaganya,30% by’abantu bakuru bose bo muri Amerika, bazakubwira ko gushaka inzira nziza zo kurangaza ibitekerezo byawe bitoroshye. Ibimenyetso

Inyamaswa zihaka igihe kirekire

Ijambo guhaka rikoreshwa ku bisimba binini by’ibinyamabere nk’inka, gusa ku muntu harimo umwihariko, hakoreshwa ijambo gutwita. Hano ku umunsi.com twabakoreye urutonde rw’inyamaswa zihaka igihe
Go toTop