Ubushakashatsi: Abagera kuri miliyoni 400 ku Isi barwaye indwara yo gusinzira bikabije

09/04/2023 18:11

Ubushakashatsi bugaragaza ko abatuye Isi bagera kuri 5%, ni ukuvuga miliyoni 400 muri miliyari umunani bayituye barwaye indwara yo gusinzira bikabije (Hypersomnia).

Ni indwara iterwa n’impamvu zitandukanye zirimo gukoresha ibiyobyabwenge ku kigero gikabije, agahinda gakabije, imiti umuntu anywa kubera ubundi burwayi runaka ndetse n’izindi.Ubushakashatsi bwemejwe mu 2021 na Markku Partinen wo muri Kaminuza ya Helsinki yo muri Finland bugatangazwa mu Kinyamakuru Frontiers, bugaragaza ko iyi ndwara yibasira abari hagati y’imyaka 17-24.

Ab’igitsinagore ni bo benshi ku kigero cya 60.5%, naho ab’igitsinagabo bakaba 39.5%.Ubundi bushakashatsi bwakozwe n’Ikigo National Center for Biotechnology Information cyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bugaragaza ko muri abo bafite iyi ndwara y’umusinziro ukabije abenshi bibasirwa cyane mu masaha yo ku manywa (Idiopathic Hypersomnia).

Abagera kuri 0.026% muri bo basanganywe indwara yo kunanirwa kwishyira ku murongo mu gihe cyo gusinzira cyangwa gushaka ibitotsi (Narcolepsy).Abarwaye umusinziro ukabije bajya kwa muganga bagahabwa imiti ibabuza gusinzira.Umuti witwa ‘XYWAV’, kugeza ubu ni wo wemejwe n’Ikigo gishinzwe kugenzura Ibiribwa n’Imiti muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (FDA), ko uhabwa abantu bafite ubu burwayi.

Advertising

Previous Story

Ubuhamya bwa Straton Nzabahimana warokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994

Next Story

Yamusambanyirije muntebe ! RIB yataye muri yombi umukozi w’Akarere ukekwaho gusambanira muruhame rw’abantu

Latest from Ubuzima

Menya ibyiza utari uzi byo kurya ipapayi

Ipapayi ni urubuto rutangaje kandi rwuzuye intungamubiri nyinshi zituma ruba ingenzi mu mubiri w’umuntu. Aha twaguteguriye ibyiza bitandukanye byo kurya ipapayi: 1. Kubungabunga
Go toTop