Advertising

SIDA ntipimishwa ijisho Umugore urwaye SIDA yagiriye inama abantu kujya kwipimisha kuko ngo nawe umurebye ubona ntayo arwaye

17/01/2024 11:20

Uyu mugore wo mu gihugu cya Kenya witwa Cleopatra Wanjiku yavuze ko arwaye SIDA Kandi ko umurebye wabona ntayo arwaye aboneraho gukungurira abantu benshi kujya kwipimisha kuko SIDA idapimishwa ijisho.

 

Mu mafoto akurikiwe n’ubutumwa yanyujije ku rukuta rwe rwa Facebook, uyu mugore nibwo yagiriye inama abantu ko bakwiye kujya kwipimisha bakareba neza Niba nta SIDA barwaye.

 

Yavuze ko ushobora kuba utarakoze imibonano mpuzabitsina idakingiye, ariko yavuze ko ubwo ataribwo buryo bwonyine SIDA yanduramo, yavuze ko no mu gutizanya ibyuma bikata nabyo bishobora gutuma wandura SIDA bityo ko biri wese akwiye kujya kwipimisha kugira ngo arebe uko ahagaze.

Mu magambo ye yagize ati:” Nubwo ucyeka ko nta HIV ufite, uburyo bwiza bwo guhagarika gucyeka ni ukujya kwipimisha. Jya kwipimisha uyu munsi umenye neza Koko uko ubuzima bwawe buhagaze.”

 

Uyu mugore yavuze ko kuba yaravukanye ubwandu, byamutwaye igihe kinini kugira ngo yiyakire. Ubwiza bwuyu mugore bukomeje kuvugisha benshi ndetse nkuko abivuga umubonye ntiwacyeka ko arwaye.

SIDA ntipimishwa ijisho!!!!!!Source: TUKO.co.ke

Previous Story

Nagurishije imitwe y’abantu 10 gusa ! Abashinzwe umutekano bataye muri yombi abantu bagurisha ibice by’umubiri w’abantu

Next Story

Ubuhinde : Abaganga barashinjwa urupfu rw’umwana w’umuhungu wari umaze imyaka 6 muri Koma

Latest from Ubuzima

Ibyiza byo koga amazi akonje

Hari abantu bamwe bakunda koga amazi akonje, abandi bakabitinya, bagahitamo kaga ashyushye. Nyamara burya buri kintu cyose kigira ibyiza byacyo niyo mpamvu muri iyi

Uko wakivura indwara y’umujagararo

Nk’uko ubushakashatsi bubigaragaza abantu benshi bahanganye n’amaganya,30% by’abantu bakuru bose bo muri Amerika, bazakubwira ko gushaka inzira nziza zo kurangaza ibitekerezo byawe bitoroshye. Ibimenyetso

Inyamaswa zihaka igihe kirekire

Ijambo guhaka rikoreshwa ku bisimba binini by’ibinyamabere nk’inka, gusa ku muntu harimo umwihariko, hakoreshwa ijambo gutwita. Hano ku umunsi.com twabakoreye urutonde rw’inyamaswa zihaka igihe
Go toTop