Advertising

Rutangarwamaboko yashimiye abazimu nyuma y’aho inyubako ifatiwe n’inkongi y’umuriro

11/02/2024 15:16

Rutangarwamaboko wiyita imandwa nkuru , yashenguwe n’inyubako ye yahiye yose nyuma yo gufatatwa n’inkongi y’umuriro ibye bigahiramo.Ni inyubako iherereye mu Murenge wa Gisozi mu Kagali ka Umunezero,mu Mudugudu wa Nyakaliba mu Mujyi wa Kigali.Nk’uko yabitangaje anyuze kumbuga Nkoranyambaga ze , uyu mupfumu umaze kubimenyekanamo, yashimiye Imana y’i Rwanda avuga ko n’ubwo Ingoro Ndagamuco n’Amateka yahiye bo ari bazima.

 

Mu magambo ye yaranditse ati:”UBUZIMA ni UMWERU n’UMUKARA.Imana y’iRwanda ishimwe yo n’#Abazimu Bacu Batazima kuko nubwo Ingoro Ndangamuco n’Amateka yose yakongotse ariko twe turacyitsa kandi nta n’undi wahagiriye ikibazo icyo aricyo cyose. Bazimyuriro Murakarama, @Rwandapolice Mwishyuke. U #Rwanda Ruriho,TURIHO🙏🏿”.

Rutangarwamaboko avuga ko iyi nyubako yafashwe n’inkongi y’umuriro bitewe n’amashanyarazi y’abari bari gusudira umureko.Igice cyafashwe n’umuriro ni icyo hejuru kuko ari igorofa yita ingoro yamurikirwagamo ibikoresho gakondo by’abanyarwanda bo ha mbere.

 

Previous Story

“Abakobwa benshi bashaka gukora ubukwe , ntibashaka kuba abagore ngo bubake”! Jimmy

Next Story

Naryamanye n’abagabo barenga 1,000 ! Umukobwa w’imyaka 23 wiga muri kaminuza yiyemeje guhinduka

Latest from Inkuru Nyamukuru

Amavubi yatsinze Benin ayirusha

Ikipe y’Igihugu y’uRwanda Amavubi yatsinze Bénin ibitego 2-1 mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cy’afurika 2025 kizabera muri Morocco, n’Umukino w’Umunsi wa 4 mu
Go toTop